Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Kuri uwo munsi Gen Jean Pierre Huchon wo mu ngabo z’u Bufaransa yiyemeje guha ingabo z’u Rwanda ibisasu bya 105mm, amasasu y’imbunda nto zihabwa buri musirikare, n’ibikoresho by’itumanaho kugira ngo byoroshye imishyikirano y’ibanga hagati ye na Gen Augustin Bizimungu wari umuyobozi mukuru w’ingabo z’u Rwanda.
Abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic ) mu makoleji atandukanye, bahuriye i Kigali mu marushanwa y’imishinga itandukanye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko hari gahunda yo gushyiraho bisi zisanga abantu mu duce batuyemo, ku buryo imodoka ishobora gusanga umuntu ku rugo rwe
Amakipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Abatarengeje imyaka 18 na 20 muri Handball yombi egukanye Irushanwa Men's IHF Trophy Africa/Zone 5 abona itike yo gukina Ikikombe cya Afurika.
Kuva tariki ya 24 Mata 2026, mu mihanda imwe n'imwe mu mujyi wa Kigali, bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange n'ibindi binyabiziga ntakumirwa, byahariwe igice cy'umuhanda bizajya bikoresha
Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Chicago yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagaragaje ko gukora imibonano mpuzabitsina ku bagabo nibura inshuro ziri hagati y’imwe n’ebyiri ku bagabo bigabanya ibyago byo kurwara kanseri y’udusabo tw’intanga  ku kigero kiri hagatiya ya 20% na 30%.
Kuri uyu wa Gatanu Colonel Désiré Migambi Mungamba, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubufatanye hagati y’Ingabo n’abaturage muri RDF,yifatanyije n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Gatsibo mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Kamuhire Alexis, yavuze ko ibigo bitandukanye bya Leta bigaragaramo imitungo 400 yaguzwe ariko ikaba itarakoreshwa, asaba aba batayikoresha ko bayitanga aho ikenewe
Ku munsi nk’uyu ni bwo FPR yatangarije Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ko intego yayo ari uguhagarika Jenoside no kugarura umutuzo n’ umutekano mu gihugu.
U Rwanda rwateye ntambwe ikomeye mu guteza imbere ingufu zisubira nyuma yo gusinya amasezerano y’imikoranire n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ibihugu biteza imbere ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba (International Solar Alliance, ISA), agamije kwihutisha iterambere rishingiye ku gukoresha izo ngufu.