Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Mu gihe Abatutsi bari bakomeje kwica mu mu bice bitandukanye by’igihugu, u Bufaransa bwari bwiteguye gukomeza gushyigikira ingabo z’u Rwanda (FAR), bwirengagije ubwicanyi Abatutsi bakorerwaga na Leta ya Theodore Sindikubwabo, Guverinoma ye n’ingabo za Leta.
Kuri iki cyumweru RDF na Polisi ku bufatanye na minisiteri y’ubuzima hamwe na Fondasiyo ya Fred Hollows yo mu Rwanda (FHF),batangije gahunda yo kuvura indwara z’amaso no kubaga indwara y'ishaza ifata amaso ku bitaro bya Kinihira biherereye mu karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru.
Amakipe ya AS Muhanga, Rutsiro FC, Etincelles FC na AS Kigali ari mu rugamba rwo kurwana no kuguma mu cyiciro cya mbere, arahatana mu mukino w’umunsi wa 31 wa shampiyona y’u Rwanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, cyatangaje ko inzego z'ubuzima  zashyizeho ingamba zo gukumira no gukurikiranira hafi indwara ya Habtavirus, iherutse kugaragara muri bimwe mu bihugu birimo n’ibituranye n’u Rwanda.

Kuri uyu wa Gatandatu , Umuyobozi ushinzwe ubufatanye bw' ingabo n'abaturage Col Désiré Migambi yifatanyije n’abanyamuryango b' Ishyirahamwe ry'umukino wa Golf (Rwanda Golf Union) mu mugoroba wo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyo cyabereye i Kigali mu cyanya cy' umukino wa Golf , i Nyarutarama.
Kuri uyu wa Gatandatu,ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Cyanika mu karere ka Nyamagabe habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyitabiriwe n'abaturage n'abayobozi batandukanye.
U Rwanda rwasinye amasezerano azatuma rutangira gufasha ibihugu 19 byo ku mugabane wa Afurika gutanga serivise z’ibirango by’ubuziranenge.
Kimwe mu byo abahinzi bagararagaza nk’impamvu ituma ibirayi bihenda harimo imiti n’inyongeramusaruro bakoresha muri ubu buhinzi aho bavuga ko biba bihenze cyane ndetse bakavuga ko leta ikwiye kubatera inkunga kugira ngo igiciro cyabyo cyorohere abaguzi.
Urukiko rw’i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwaciye miliyoni 4$ (asaga miliyari 7 Frw) Eugène Richard Gasana wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (Loni) nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina umukobwa.