Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riherereye i Musanze batangiye urugendoshuri rw’iminsi itanu rugamije kongera ubumenyi ku ruhare rwa politiki y’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakiriye Umwanditsi w’Urwego rwasigaranye imirimo y’Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (IRMCT), Abubacarr Tambadou n’itsinda ahagarariye.
Abari mu rwego rw’ubuhinzi bw’imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga bahize ko bagomba kugabanya ingano y’umusaruro ugaruka wageze ku isoko ku kigero cya 80% kugeza mu 2028.
Minisiteri y'Uburezi yagaragaje ko umubare w’abanyeshuri bafite ubumuga bari mu mashuri wiyongereyeho 2,8% muri 2024/2025, icyakora ikigero cy'imitsindire yabo kikiri hasi hakaba hagikomeje kongerwa imbaraga.
Mu Rwanda hatangijwe inana ya 4 y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba ishinzwe Siyansi, Ikoranabuhanga no guhanga udushya (STI Conference) iri kwigirwamo uko ikoreshwa ry’ubwenge buhangano AI ryakwifashishwa mu guteza imbere Akarere ka EAC.
Nyuma y’iminsi ibiri bari bavuye mu  bice Kateku na Kanune, two muri Gurupema ya Ikobo,teritwari ya Walikale mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru abarwanyi ba AFC/M23 bongeye kugaruka muri utu duce ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe.
Minisitiri w'uburezi, Joseph Nsengimana, yatangaje ko Igipimo cy’abanyeshuri basibira cyagabanutseho 6% mu mwaka w'amashuri wa 2024/2025, bigizwemo uruhare na ‘Gahunda Nzamurabushobozi’.
Kuri iki cyumweru, tariki 29 Werurwe 2026, mu ihema rya Camp Kigali ni bwo habaye ibirori byo gusoza Amarushanwa y’Imbyino Gakondo n’Ubusizi mu Mashuri Makuru na Kaminuza ku rwego rw’Igihugu aho Amatorero 10 ndetse n’Abasizi 11 ari bo bahatanaga ku rwego rw'Igihugu.
Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi biterwa no kuba abayobozi badakorana, ahubwo bamwe bagafata ibyemezo ku giti cyabo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva , yageze i Bangui mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrique, aho yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida watowe, Faustin-Archange Touadéra.