Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2026, Perezida Kagame uri muri Botswana, yagiranye ikiganiro cyihariye na mugenzi we w'iki gihugu,  Duma Boko, cyakurikiwe  n'isinywa ry'amasezerano atandatu.
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame yasuye uruganda runini rufite ikoranabuhanga rya mbere ku Isi mu gutunganya Diyama ruherereye mu mujyi wa Gaborone, muri Botswana
Kuri uyu wa Kane abanyarwanda 359 batahutse bava mu burasirazuba bwa DRC binjirira ku Mupaka Munini wa La Corniche uhuza umujyi wa Rubavu n'uwa Goma
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko umusaruro w’inganda wiyongereyeho 6.2% muri Werurwe 2025, ugereranyije n’ukwezi nk’uko mu mwaka ushize wa 2025 mu gihe impuzandengo y'izamuka ku mwaka yari 6.3%.
Nyuma y'igihe kigera ku mwaka bihwihwiswa ko Kimenyi Yves watandukanye n'umugore we Muyango Claudine, yaba ari mu munyenga w'urukundo n'umukunzi we mushya, kera kabaye Kimenyi yaje kubyemeza ku mugaragaro.
Uyu munsi nk’uyu, tariki ya 7 Gicurasi 1994, Leta y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu, by’umwihariko kuri iyi tariki bamwe mu banyeshuri bo muri Groupe Scolaire Marie Merci I Kibeho bagize uruhare mu kwica Abatutsi.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora (RCS), rwatangaje ko Uzaramba Karasira Aimable byari byitezwe ko agomba kurekurwa nyuma yo kurangiza igifungo yari yarahawe, yapfuye kuri uyu wa 07 Gicurasi aguye mu bitaro bya Nyarugenge.
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame yashimiye ikipe ya Paris Saint Germain yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye FC Bayern Munich yo mu Budage, ku giteranyo cy’ibitego 6-5 nyuma yo kunganya 1-1 mu wo kwishyura.
Perezida wa Botswana, Duma Boko yasabye u Rwanda n'igihugu cye kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'ubufatanye ahuriweho, ashimangira ko hatagomba kubamo gutakaza igihe kuko ibihugu byombi biri mu rugendo rw'iterambere ryihuse