Kuri iki cyumweru, tariki 29 Werurwe 2026, mu ihema rya Camp Kigali ni bwo habaye ibirori byo gusoza Amarushanwa y’Imbyino Gakondo n’Ubusizi mu Mashuri Makuru na Kaminuza ku rwego rw’Igihugu aho Amatorero 10 ndetse n’Abasizi 11 ari bo bahatanaga ku rwego rw'Igihugu.
Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi biterwa no kuba abayobozi badakorana, ahubwo bamwe bagafata ibyemezo ku giti cyabo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva , yageze i Bangui mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrique, aho yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida watowe, Faustin-Archange Touadéra.
U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere ku Isi mu cyerekezo cy'ishoramari ritanga inyungu ‘Baseline Profitability Index’ (BPI) mu mwaka wa 2026, aho rwagaragajwe nk’igihugu cyizewe cyashorwamo imari kandi ikunguka vuba.
Ihuriro rya AFC/M23(Alliance Fleuve Congo) ryashyize umucyo ku bikorwa biri kugaragara muri iki gihe ku mirongo itandukanye y’urugamba atari ibintu bishya, ahubwo ari ihinduranya risanzwe kandi rishingiye ku igenamigambi ry’ingabo zaryo zizwi ku izina ry’Ingabo za ARC (Armée Révolutionnaire Congolaise).
Badrama wayobotse inzira yo gusebya no guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo yakumiriwe kwinjira ahabereye igitaramo cy'umuhanzi Ruti Joel muri Leta Zunze Ubumwe za America.
Abanyerondo bo mu mujyi rwagati mu murenge wa Gasaka ho mu karere ka Nyamagabe, barakekwaho kwica umuturage bamuziza gushaka gukiza undi muturage aba banyerondo barimo bakubita
Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko Umuryango w'Ibihugu bya Afurika, Karayibe na Pasifika (OACPS), ugomba kuba urubuga rworohereza ishoramari aho kuba urw'ubufatanye gusa.