Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Imyaka 32 irashize izari Ingabo (RPA) Inkotanyi zibohoye igihugu, nyuma y’urugamba rwamaze imyaka ine aho rwatangiye mu Ukwakira 1990 kugeza muri Nyakanga 1994.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yashimiye abaturage bo mu Karere ka Nyabihu ku ruhare rwabo n’ubufatanye mu bikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda bigamije iterambere n’imibereho myiza by’abaturage.
Perezida Paul kagame yatangaje ko intego y'urugamba rwo kubohora igihugu yari iyo gusubiza Abanyarwanda ibyo bari barambuwe ashimangira ko umutekan w’igihugu udashingiye ku gushimwa n’abandi.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwanyuze mu rugendo rurerure rwo kongera kwiyubaka no kuzahura igihugu cyari cyarasenyutse mu nzego zose. Mu myaka 32 ishize, rwabashije kuva mu bibazo bikomeye birimo iby'umutekano, ubukungu n'imibereho y'abaturage, rugera ku rwego rufatwa nka kimwe mu bihugu biri kwihuta mu terambere haba muri Afurika no ku Isi.
Ikigo gishinzwe gukurikirana ubucuruzi bw'ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda, (Rwanda National Energy Company, RNEC) cyasinyanye amasezerano n'icyo muri Tanzania, Gulf Bulk Petroleum Tanzania Limited (GBP), agamije ubufatanye mu gutumiza ibikomoka kuri peteroli bitunganyijwe binyuze ku cyambu cya Tanga muri Tanzaniya.
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB) cyatangaje ko hagati ya tariki ya 22 na 26 Kamena 2026, u Rwanda rwinjije arenga miliyari 13 Frw mu minsi itanu. 
Raporo ya NISR igaragaza ko mu bana bari munsi y’imyaka itanu, 27% bagwingiye, aho muri bo harimo 6% bari munsi y’ibiro bagakwiye bafite ku myaka yabo, mu gihe 1% bahuye n’igwingira rikabije aho ari bagufi ugereranyije n’uko bakabaye bareshya naho 5% bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworizi, Dr Ndabamenye Telesphore, yatangaje ko ifumbire mvaruganda izakoreshwa mu gihembwe cy’ihinga cya 2027A (Umuhindo), 45% byayo izaba yarakorewe imbere mu gihugu.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko mu abagore 5% ari bo bafite inzu zabo bwite naho 35% bazifatanyije n’abagabo babo. Mu gihe ku bagabo, 9% aribo batunze inzu zabo bwite naho 28% bakaba bazifatanyije n’abagore babo.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko urugendo rwo guhangana na Virusi itera SIDA rukomeje gutanga umusaruro, aho ubwandu bwagabanutse bugera kuri 2,2% mu Banyarwanda bafite hagati y’imyaka 15 na 49, buvuye kuri 2,7% bwariho mu 2019-2020.