Amakuru

Ihuriro rya AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko nta gace rigenzura ubu riteganya kuvamo
Ku kicaro gikuru cy'Ingabo z'u Rwanda, ku wa 26 Mutarama 2026, habaye umuhango w'ihererekanyabubasha aho Brigadier General Godfrey Gasana yashyikirije ku mugaragaro Col Dan Gatsinzi inshingano z'Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere.
Ubuyobozi bw'Akarere ka Nyabihu bwatangaje ko mu myaka itanu ishize, bwagabanyije ikibazo cy'igwingira mu bana aho kuri ubu rigeze kuri 32.7%.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje  ko ibigo bikora Ibaruramari mu Rwanda byinjije Miliyari 16,315Frw mu mwaka wa 2024 avuye kuri Miliyari 3,830 Frw mu 2014.
Mu rwego rwo guha icyubahiro no gushimira umusanzu udasanzwe w'abantu bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, bamwe mu banyacyubahiro n'abayobozi bakuru bahawe impamyabumenyi z’ikirenga z'icyubahiro na Kaminuza Mpuzamahanga zitandukanye
Tuyishime Jean Baptiste wo mu Murenge wa murenge wa Kanama , mu karere ka Rubavu, yasanzwe mu mugozi yapfuye, bikekwa ko yiyahuye.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame, ku wa 25 Mutarama 2026, yagize Brig. Gen. Geofrey Gasana Umupilote wa Perezida n’Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba w’Ingabo ku ngingo zirebana n’Ingabo zirwanira mu Kirere. 
Mu muhanda Musanze-Kigali habereye impanuka ikomeye y’imodoka y’ikamyo yagonze imodoka itwara abagenzi ‘coaster’, ihitana umushoferi abandi barakomereka.
Abaturage biganjemo abari mu za bukuru bo mu kagari ka Nyirangarama mu murenge wa Bushoki wo mu karere ka Rulindo, bavuga ko impinduka zituruka ku gikorwa cya siporo ya buri wa gatandatu bitangirije iwabo mu giturage zimaze kugaragara dore ko abenshi bakize indwara zirimo umuvuduko w’amaraso.
Madamu Jeannette Kagame yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro na Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange, UGHE, ashimirwa umusanzu n’ubudashyikirwa yagaragaje mu kwita ku baturage, guteza imbere uburezi no kugeza ubuvuzi kuri bose

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka