Amakuru

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi woherejwe mu mahanga winjirije u Rwanda asaga miliyari 13.8Frw.
Kuri uyu wa Gatatu mu murwa mukuru w'igihugu cya Tchad ariwo N’Djamena, u Rwanda na Tchad byashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo ihuriweho y’ubufatanye, igamije kurushaho guteza imbere umubano hagati y’ibihugu byombi
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yazamuye abapolisi mu ntera, aho harimo n'abofisiye bo ku rwego rukuru.Aha harimo abari ku ipeti rya Assistant Commissioner of Police (ACP) bazamuwe ku ipeti rya Commissioner of Police (CP), n’abavuye ku ipeti rya Chief Superintendent of Police(CSP) bazamuwe ku ipeti rya Assistant Commissioner of Police(ACP).
Mu ruzinduko rw’akazi yagiriye muri Chad, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, wari Intumwa Idasanzwe ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriwe mu biro bya Perezida wa Chad, Maréchal Mahamat Idriss Déby Itno.
Mata 2026, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Nigeria, abayobozi mu nzego za leta ya Nigeria n’iz’umutekano, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja ku nsangamatsiko y’uyu mwaka: “Kwibuka Twiyubaka.’’ (Remember-Unite-Renew).
Ati “Mu rwego rw’ubutabera, IBUKA yagize uruhare mu gushyigikira Inkiko Gacaca n’imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha. Yanagize uruhare mu gushaka abatangabuhamya no gutanga amakuru mu manza zibera mu mahanga.”
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko kwibuka atari igikorwa cyo kuzirikana gusa, ahubwo ko ari ukubaho no kuberaho abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
Kuri uyu mugoroba mu biro by'umukuru w'igihugu Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Nyakubahwa Amb. Dani Dayan, Umuyobozi wa Yad Vashem, Ikigo mpuzamahanga cy’urwibutso rwa Jenoside giherereye i Yeruzalemu
Gen Aboubacar Faye wahoze mu ngabo za Loni zari zaje kugarura amahoro mu Rwanda (MINUAR) yavuze uburyo Umuryango w’Abibumbye wirengagije ku bushake ubutumwa bwoherejwe bumenyesha ko mu Rwanda hari gutegurwa Jenoside yakorewe Abatutsi.  

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka