Amakuru

Kuri uyu wa Mbere ku bitaro bya Munini ho mu karere ka Nyaruguru umuyobozi w'Akarere Dr. Murwanashyaka Emmanuel yakiriye itsinda ry’abaganga b’abasirikare b'inzobere baturutse mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe (Rwanda Military Hospital) mu gikorwa cy’ubuvuzi kizamara iminsi 33.
Abakinnyi n’abagize Ikipe y’Igihugu Amavubi berekeje muri Maroc aho bazakinira imikino ya gishuti  itegura iyo gushaka itike o kuzitabira igikombe cya afurika cy’ibihugu cya 2027.
Itangishaka Blaise wari mu banyarwanda 13 bitabiriye amahugurwa y’abatoza mu ikipe ya Atletico de madrid yo muri Esipanye, ntiyatahanye na bagenzi nyuma yo kuyasoza.
U Rwanda rwavuze ko rwubashye umwanzuro w’Urukiko Mpuzamahanga ku kirego rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyoni 100 z’amapawundi, rugaragaza ko uru rubaza rwari rukomeye ariko nanone ko rwashoboraga kuvamo imyanzuro itandukanye.
Abayobozi n’abakozi b'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (Rwanda Housing Authority, RHA) biyemeje gushyira itafari ryabo mu gusigasira amateka yaranze u Rwanda, kurinda ibyagezweho no kurwanya ubugwari nk’ubw’abasenye u Rwanda rwiyubatse ubu.
Urukiko  Mpuzamahanga rw'ubuhuza rwanzuye ko u Bwongereza butazishyura u Rwanda arenga miliyari 190 Frw rwari rwaregeye nk’indishyi ku mpamvu z’uko u Bwongereza butabahirije ibikubiye mu masezerano ibihugu byombi byagiranye yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Umuyobozi mukuru w'urubuga ngishwanama rw'inararibonye mu Rwanda Tito Rutaremara asaba abanyamadini kutavanga Imana na Jenoside yakorewe Abatutsi,kuko nta mana yayihagaritse ahubwo Jenoside yakozwe n’abantu,ikorerwa abantu kandi inahagarikwa n’abantu.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yagaragaje uburyo uwari Perezida w'u Rwanda, Habyarimana Juvenal, yagize uruhare rutaziguye mu bikorwa byo kwica Abatutsi na mbere y’uko jenoside itangira.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo (UNMISS) begukanye igikombe cy’umupira w’amaguru, begukana n’umwanya wa kabiri muri Volleyball mu mikino yo kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wa Loni wahariwe ababungabunga amahoro.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka