Amakuru

Ubuyobozi bw'Akarere ka Ngoma bwatangaje ko bwihanganishije imiryango y'abantu icyenda bishwe n'inkuba, butangaza ko abantu 12 bagizweho ingaruka n'iryo sanganya.
Ibiro by'Umukuru w'Igihugu wa Nigeria, byahakanye amakuru avuga ko ifoto igaragaza Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, ari kumwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yafatiwe i Paris ibagaragaza basangira yaba yarakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano, AI
Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima,RBC, ku wa 2 Mutarama 2025, cyatangaje ko u Rwanda rwatangije urukingo rw'indwara y'umwijima rwo mu bwoko bwa B, izwi nka Hépatite B, ku bana bakivuka
Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuguruje imvugo ya Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga we, Bizimana Edouard, washinjaga Qatar kutambamira Amerika mu kugira icyo ikora ngo amahoro n'umutekano bigerweho mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
Perezida wa Nigeria Asiwaju Bola Ahmed Adekunle Tinubu, kuri iki cyumweru tariki ya 4 Mutarama 2026, yatangaje ko yanejejwe no gusangira ifunguro rya saa sita na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Inkuba yakubise abantu 15 bo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, icyenda muri bo bitaba Imana mu gihe abandi batandatu bakomeretse.
Polisi ikorera mu Karere ka Musanze mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku cyumweru tariki ya 4 Mutarama 2026, yarashe umwe mu bagerageje kuyirwanya
Umuvugizi wungirije wa M23, Dr. Oscar Balinda, yatangaje ko Ihuriro AFC/M23 ritarwana rigamije gufata ubutegetsi ahubwo ko baharanira amahoro no gutuma Abanye-Congo bahunze , bagaruka mu gihugu cyabo, ahishura ko intandaro y'umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo ari umutwe wa FDLR wahungiye muri icyo gihugu .
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko umunyamakuru Emmanuel Ndahiro uzwi ku izina rya Taikun yafunguwe nyuma y’uko rukoze ubuhuza hagati y’ukekwa n’uwakorewe icyaha.
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko gutwerera ibihugu by’amahanga ibibazo by’umutekano mucye mu gihugu ari amayeri agamije guhisha kunanirwa kwa Leta ya Tshisekedi mu gukemura ibibazo by’abanye-Congo.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka