Imikino

Umukinnyi w'umupira w'amaguru w'umunyarwandakazi Mukandayisenga Jeannine uzwi nka 'KaBoy' yaciye agahigo ko kuba umukinnyi uguzwe amafaranga menshi muri Shampiyona ya Tanzania nyuma yo kugurwa n'ikipe yo mu Bushinwa yitwa Wuhan Jiangda WFC avuye mu ikipe ya Yanga Princess yakiniraga.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko umutoza Habimana Sosthène yayisubiyemo nk'umutoza wungirije
Ikipe y'umutwe wo mu ngabo z'u Rwanda ushinzwe kurinda abayobozi bakuru, Republican Guard (RG), irangajwe imbere n'umuhungu wa Perezida Kagame, Ian Kagame, yongeye kwegukana igikombe cyo Kwibohora gihuza imitwe yo mu Ngabo z'u Rwanda, Rwanda Defence Force (RDF) Liberation Tournament 2026, nyuma yo gutsinda ikipe y’Ikigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Nasho (BMTC Nasho) ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma.
Ikipe ya REG VC mu bagabo na Police WVC mu bagore zegukanye igikombe cy'irushanwa ngarukamwaka ryo Kwibohora ryasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2026.
Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru muri Afurika y'Iburasirazuba no hagati (CECAFA) yatangaje ko amakipe 11 ariyo azitabira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda muri Sitade Amahoro no muri Sitade ya Kigali yitiriwe Pele, kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 8 Kanama 2026.
Ikipe ya APR FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi babiri bashya barimo Mamadou Traoré ukina mu kibuga hagati na Ernan Siluane ukina nk'urinda izamu bombi bamaze no kugera i Kigali mu Rwanda.
Abanyamakuru b'imikino Ishimwe Adelaide uzwi nka Ida uherutse gusezera kuri Radiyo/TV 10 na Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit ukihakora bateguje ubukwe buzaba tariki 5 Nzeri 2026.