Imikino

Umubyinnyi mpuzamahanga w'umunyarwanda ariko ufite n'ubwenegihugu bw'Ubwongereza, Sherrie Silver, yishimiye guhura na Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi, FIFA, Gianni Infantino ku mukino w'Igikombe cy'Isi wahuje Ubwongereza na Argentine muri 1/2 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ikipe ya APR BBC yatsinze REG BBC amanota 84-78 mu mukino w'umunsi wa 15 wa Shampiyona y'u Rwanda ya basketball mu bagabo, biyiha gufata umwanya wa mbere ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2026, ikipe ya APR FC yakoze igikorwa cyo gupima abakinnyi bayo ibipimo bitandukanye by'ubuzima nk'uko bisanzwe bikorwa mbere y'uko umwaka w'imikino utangira ku bitaro bikuru bya Gisirikare i Kanombe.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko n'ubwo imikoranire ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yari ifitanye n'u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda yarangiye, ariko iyi kipe izafasha u Rwanda mu kubaka ibibuga bitatu (3) by'umupira w'amaguru.
Ikipe ya Aston Villa ikina muri Shampiyona y'u Bwongereza yumvikanye na Visit Rwanda ku masezerano yo kuba umuterankunga mukuru uzajya ugaragara ku gituza cy'imyambaro y’iyi kipe.
Umutoza w'amakipe y'Igihugu y'u Rwanda ya volleyball mu bagore n'abagabo, umufaransa Frédéric Guérin yahamagaye abakinnyi 20 bagiye gutangira imyitozo yo kwitegura imikino y'Igikombe cya Afurika cya volleyball mu bagore kizabera muri Kenya mu kwezi gutaha kwa Kanama 2026.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze kumvikana n'umuzamu wayo Drissa Kouyate nyuma yo gusohorwa ku rutonde rwa FIFA rw'amakipe atemerewe gusinyisha abakinnyi bashya.
Uyu mukino wa gicuti wakinwe ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 13 Nyakanga 2026 muri Petit Stade i Remera warangiye ikipe y'u Rwanda itsinze BVG yo mu Buholandi amanota 74-38.
Umutoza mushya wa Sunrise FC yo mu karere ka Nyagatare, Banamwana Camarade yatangaje ko mu gihe yahabwa abakinnyi bashya nk'uko abyifuza azagarura igitinyiro cya Sitade y'Akarere ka Nyagatare izwi nka Gologota aho amakipe akomeye yakundaga gutsikirira muri Shampiyona y'u Rwanda.