Umunyarwanda ukina nka myugariro, Josh Duc Nteziryayo, w’imyaka 17 y’amavuko yamaze kuzamurwa mu ikipe nkuru ya CF. Montreal , yo muri Canada ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta zunze ubumwe za America, Major League Soccer.
Rutsiro FC yatsinze Al Hilal Omdourman ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona y’u Rwanda, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Ukuboza 2025.
APR Women Basketball Club yanditse amateka akomeye mu mikino Nyafurika ya FIBA Africa Women’s Basketball League, yegukana umwanya wa Gatatu, inahabwa umudali w’umuringa nyuma yo gutsinda ASC Ville de Dakar yo muri Senegal amanota 90-84, mu iminota y’inyongera.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yatsinze Mukura Victory Sports ibitego 2-0 mu mukino wayo wa gatatu muri Shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wa 10.
Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, yatangaje ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, yakurikiye umukino wa Basketball wahuje Los Angeles Clippers, isanzwe yamamaza Visit Rwanda, na Dallas Mavericks .
Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga