Inkuru Nshya

Kuri uyu wa Kane mu karere ka Rubavu hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi,aho abaturage ,abayobozi inzego zinyuranye bose bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Commune rouge.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko umushinga wo guteza imbere abahinzi baciriritse b’ibihingwa byoherezwa mu mahanga (PSAC)  winjirije urubyiruko n’abagore asaga miliyari 2 Frw.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yasabye abo mu Mutwe ushinzwe imyitwarire myiza mu ngabo (Military Police Brigade), kuba intangarugero mu kubungabunga indangagaciro za RDF. 
Botswana ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika mu gucukura Diyama nyinshi ikaza ku mwanya wa kabiri ku Isi nyuma y’u Burusiya. Ni  iyambere kandi mu kugira diyama ifite ireme kurusha izindi ku Isi aho mu 2024 yanditse amateka yo kugira ikirombe cya kabiri ku Isi cyacukuwemo diyama nini ipima Karat 2,492.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Helges IF yo muri Suède, yatangaje ko yahimbiye indirimbo umugore we Iribagiza Joy bamaze imyaka irindwi basezeranye imbere y’amategeko.
Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyahe RIB rwatangaje ko rwafunze Hategekimana Silas, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no kumena ibanga ry'akazi.
Uwaregwaga ni umusaza w'imyaka 73 witwa Mundere Vianney utuye mu mudugudu wa Ruvuzo mu kagari ka Nyarurama mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza,aho ubushinjacyaha bwari bwamureze icyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake aho yaregwaga kwica umukecuru baturanye w'imyaka 86 witwa Sarah Mukabutera.
Kwanga Abatutsi muri aka karere byatangiye kera, cyane cyane bitewe n’uko perezida Habyarimana ariho yakomokaga, hamwe n’abandi bakomeye bo mu “Kazu” bari ku isonga ya politiki y’urwango mu Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, uri mu ruzinduko rw’akazi i Riyadh mu Bwami bwa Saudi Arabia, yagiranye ibiganiro na mugenzi we, H.H. Prince Faisal bin Farhan Al Saud, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Saudi Arabia
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yakurikiye umukino wa ½ cya UEFA Champions League wahuje Arsenal FC na Atlético Madrid, warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1–1