Inkuru Nshya

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa volleyball yitwaye neza itsinda ikipe y’igihugu y’u Burundi amaseti 3-0 biyiha kurangiza imikino y’amatsinda iyoboye itsinda D mu Gikombe cy’Afurika kiri kubera i Nairobi muri Kenya.
Myugariro w’umunyarwanda Rwatubyaye Abdul yerekeje mu ikipe ya KF Shkëndija Haraçinë 77 ikina icyiciro cya mbere muri Macedonia nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Al-Soqour Club yo muri Libya yari amaze umwaka akinira.
Inkongi y’umuriro yibasiye umurima w’ibisheke uherereye mu gace k’igishanga cya Nyabarongo, mu Kagari ka Nunga, Umurenge wa Gahanga, Akarere ka Kicukiro, ariko Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe kuzimya inkongi y’umuriro yahise itabara irayizimya.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatangaje ko cyaguze imigabane yose yari isigaye mu bigo Inyange Industries Ltd na Ruliba Clays Ltd, bityo ubu ibigo byombi bikaba bifitwe na RSSB ku kigero cya 100%.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko imirimo yo kuvugurura Sitade Mpuzamahanga ya Huye igiye kongera gusubukurwa nyuma y'uko habonetse ingengo y'imari ikenewe.
Urwego rushinzwe uburezi bw’ibanze mu Rwanda rwatangaje ko gahunda yo gukoresha Abacus mu mashuri abanza igiye kwagurwa ikagera mu gihugu hose
Mu Karere ka Gakenke mu ntara y’Amajyaruguru abahinzi ba kawa ku bufatanye n’inzego za leta bari mu gikorwa cyo gusazura ibiti bya kawa bitari bigitanga umusaruro uhagije aho basazuye ibiti birenga miliyoni eshatu.
Itsinda ry’intumwa 9 ziturutse mu gihugu cya Gambia, zasuye Polisi y’u Rwanda ku cyicaro gikuru ku Kacyiru, mu rwego rwo kunguka ubumenyi no kwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu bijyanye  n’umutekano wo mu muhanda, imicungire y’ubwikorezi ndetse n’imitangire ya serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ikipe ya AEK Athens FC yo mu Bugereki ikinamo umunyarwanda Hakim Sahabo yabonye itike ya UEFA Champions League nyuma yo gusezerera PFC Levski Sofia yo muri Bulgaria ku giteranyo cy'ibitego 4-0.
Abasifuzi b’abanyarwanda Gad Imanimbahafi na Jean Jacques Tuyizere bashyizwe mu basifuzi bazayobora imikino y’igikombe cy’isi cya handabll cy’abangavu batarengeje imyaka 16, 2026 IHF Women’s U16 World Championship.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka