Inkuru Nshya

Amakipe ya Yei Joint Stars WFC yo muri Sudani y’Epfo, Kenya Police Bullets WFC yo muri Kenya, Kawempe Muslim Ladies FC yo muri Uganda na Commercial Bank of Ethiopia WFC (CBE WFC) niyo yageze muri 1/2 cy’imikino ya nyuma ya CECAFA y’abagore yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League.
Ikipe ya REG Women BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya basketball mu bagore ku nshuro ya gatatu (3) yikurikiranya nyuma yo gutsinda The Hoops Rwanda imikino 4-0 ibizwi nka “Sweep” mu Cyongereza ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs.
Kuri uyu wa Gatatu taliki ya 26 Kanama 2026, i Dar es Salaam muri Tanzania hatangijwe ku mugaragaro ku nshuro ya gatandatu Icyumweru cy’ibikorwa by'ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba cyahariwe ubufatanye hagati y’Ingabo n’Abasivili (CIMIC).
Perezida Paul Kagame yakiririye Thabo Mbeki, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo bagirana ibiganiro byibanze ku miyoborere myiza nk’umusingi w’impinduka Afurika ikeneye.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026, Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru w’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), Wamkele Mene, baganira ku buryo bwo kurushaho gushyira mu bikorwa amasezerano agamije guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu by’Afurika.
Abanyarwanda 406 bari bamaze imyaka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bageze mu Rwanda nyuma yo gufata icyemezo cyo gutaha, bavuga ko bari barabujijwe gutahuka n’amakuru y’ibinyoma babwirwaga ko mu Rwanda nta mutekano uhari ndetse ko uhageze wese yicwa.
Mu gihe abakorera imirimo y'ubukorikori mu gakiriro ka Sovu mu murenge wa Huye ho mu karere ka Huye basaba ko kakongerwa kuko badakwirwamo,ubuyobozi bw'akarere buravuga ko hateganywa kubakwa utundi dukiriro two kunganira aka kamwe basanganywe kuko kabaye gato.
Leta y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa icyiciro cya mbere cy’umushinga mugari wa Muvumba Multipurpose Development Project, ugamije gukoresha amazi y’urugomero rwa Muvumba mu kuhira imyaka, gutanga amazi meza no kubyazamo amashanyarazi
Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko kuba amatike y’indege muri Afurika ahenda cyane ahanini biterwa n’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, imisoro n’amahoro y’ibibuga by’indege ndetse n’izindi nzitizi zituma ibiciro  by’indengo zo mu kirere bihenda.
Perezida w’agateganyo wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports iteganya gukoresha agera kuri miliyari 1 na miliyoni 800 y’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2026/2027.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka