Inkuru Nshya

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatoreye Dr Ngoga Shema Fabrice, kuba Perezida wa ryo, mu matora atari afite uwo bahanganye, akaba agiye kuyobora muri manda y'imyaka ine(2025-2029)
Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ),kuwa Gatanu tariki ya 29 Kanama 2025, ryatoye abayobozi bashya, mu nteko rusange ya ARJ, yigiwemo ingingo zitandukanye
Ikigo cy’Ubuzima,RBC, ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, bakoze igikorwa cyo gutera imiti yica imibu hifashishijwe utudege duto tutagira abapiloti tuzwi nka drone  mu bishanga byo muri aka karere, hagamijwe kurandura Malariya.
kigo Gishinzwe Iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda,RAB, cyasabye abantu bose batunze imbwa by’umwihariko abatuye mu mijyi  n’ahandi hose hahurira abantu benshi  gufata ingamba zo gukumira izerera ry’imbwa , hirindwa ko zaruma abantu,zikaba zabanduza virusi y’ibisazi by’imbwa.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye itsinda ryabanya-Qatar baturutse muri kigo cya Qatar Leadership Center, abasaba nk’abayobozi gukora ibikorwa bifite akamaro batitaye ku makosa, kuko gukosa bisanzwe, ahubwo ari uguhaguruka ugakomeza inzira
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye (A’Level) mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025 azatangazwa ku wa Mbere, tariki ya 01 Nzeri 2025, guhera saa cyenda z’amanywa
Paul Rutikanga wamenyekanye avuga amakuru kuri Televiziyo y’u Rwanda, RBA, yasezeranye imbere y'Imana n’umukunzi we Uwera Caroline, bamaze igihe bakundana
Niyigaba Clement wamamaye ku izina rya 'DC Clement' mu itangazamakuru ry’imyidagaduro mu Rwanda, ari mu byishimo bikomeye, aho we n’umufasha we Manzi Ariane bibarutse abana b’impanga,mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasura amakipe y’u Rwanda y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 16 ari mu mwiherero bitegura Irushanwa rya FIBA U16 AfroBasket 2025 rizabera mu Rwanda.
Mu rwego rwo guteza imbere imibereho y’abaturage bagiye kwimurwa mu gice kizagurirwamo Pariki y’Ibirunga, hafunguwe ku mugaragaro ikigo cy’ubuhinzi bw’imboga giherereye mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka