Inkuru Nshya

Kuri uyu wa Gatatu,ba Ofisiye bakuru babiri bo mu Ngabo z'u Rwanda, Lt Col Christian Mushengezi na Lt Col John Bosco Kamuhangire, basoje amahugurwa ya gisirikare yamaze amezi icumi mu gihugu cya Qatar, mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare Joaan bin Jassim Academy for Defence Studies.
Raporo ya gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire “Ejo Heza” y’umwaka wa 2025/26 yagaragaje ko uturere twose tw’igihugu twesheje umuhigo ku mpuzandengo ya 113,7%, aho twose twakusanyije asaga miliyari 14 Frw, mu gihe intego yari arenga miliyari 12 Frw.
Ubushakashatsi bwa Karindwi ku buzima n’imibereho by’abaturage, (RDHS 2026) bwakoze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare [NISR], bwerekana ko umugabo umwe muri babiri anywa inzoga.
Ikigo Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) cyatangaje ko kubera igabanyuka ry'amazi muri iki gihe cy'impeshyi, hashyizweho gahunda yo kuyasaranganya, bityo ko abantu bakwiye kuyakoresha neza.
Ingo Mbonezamikurire y'Abana Bato zikorera mu Muryango zishamikiye kuri VUP (Home-Based ECDs), zimaze kurenga 5000  zita ku bana barenga ibihumbi 74 bafite abarezi bahuguwe basaga ibihumbi 36 babitaho.
Inteko Ishinga Ametegeko Umutwe w’Abadepite watoye umushinga uvuguruye w’itegeko rigena imikorere ya Banki Nkuru y’u Rwanda BNR, riha ubwigenge iyi banki bwo gufata ibyemezo bimwe birimo ibireba uko abakozi bayo bashyirwa mu kazi b’uburyo birukanwa.
Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Nyakanga 2026, amakipe 9 yo mu Rwanda harimo amakipe 5 y'abagabo n'amakipe 4 y'abagore arahurira mu irushanwa ngarukamwaka rya volleyball rigamije kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora k'u Rwanda uzaba tariki 4 Nyakanga 2026.
Kuri uyu  wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2026, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame  yayoboye Inama y’Abaminisitiri yasize hemejwe imishinga n’amateka bitandukanye harimo n’Iteka rya Minisitiri ryerekeye uburyo bw’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi, kuvanirwaho umusoro n’igihembo gihabwa umuntu watanze amakuru ku inyerezwa ry’umusoro.’
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu bagabo yakoreye imyitozo ya mbere muri i Luanda muri Angola, nyuma yo kugerayo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kamena 2026, aho yitabiriye imikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2027 kizabera muri Qatar.
Ikipe ya APR HC yegukanye igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ya handball mu bagabo nyuma yo gutsinda Police HC ibitego 31-29 mu mukino wa gatanu ari nawo wari uwa nyuma w'imikino ya nyuma ya kamarampaka.