Inkuru Nshya

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa yatangaje ko ingengo y’imari y’u Rwanda iziyongera mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/2027, ikagera kuri miliyari 7,796.3 Frw, ivuye kuri miliyari 6,952.1 Frw zari zateganyijwe mu mwaka wa 2025/2026
Uyu mukinnyi ukomoka muri Mali w’imyaka 23, biteganyijwe ko agera i Kigali ku wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi. Uyu musore ufite metero 2.13 kuri ubu akinira ikipe ya Pallacanestro Cantù mu cyiciro cya mbere mu Butaliyani, akaba afatwa nk’umwe mu bafite impano idasanzwe kuri uyu mugabane.
Minisiteri ya Siporo y'u Rwanda yashyikirijwe igihembo cya “UCI Bike City Label Award” gishimira Umujyi wa Kigali uburyo wakiriye neza Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 yabereye i Kigali muri Nzeri 2025
Kuri uyu wa mbere hatangijwe myitozo ibaye ku nshuro ya 14 y’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)  yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026, iri kubera mu gihugu cya Kenya.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwiteze inyungu mu Nama ya ‘Africa Forward Summit’ iri kubera i Nairobi muri Kenya.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yageze muri Uganda aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko muri Mata 2026 byiyongereyeho 13% ugereranyije n’uko byari bimeze muri Mata 2025. Muri Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 9,2%.
Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo u Rwanda rwakire inama mpuzamahanga ihuza abashoramari ndetse n'abayobozi b’ibigo bikomeye,
Mu gihe Abatutsi bari bakomeje kwica mu mu bice bitandukanye by’igihugu, u Bufaransa bwari bwiteguye gukomeza gushyigikira ingabo z’u Rwanda (FAR), bwirengagije ubwicanyi Abatutsi bakorerwaga na Leta ya Theodore Sindikubwabo, Guverinoma ye n’ingabo za Leta.