Inkuru Nshya

Al Hilal SC yatsinze irusha , ikipe ya Bugesera FC ihita ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rwa Shampiyona.
Perezida Paul Kagame yemereye Abayisilamu kongera gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare ‘Adhan’, hifashishijwe indangururamajwi nk’uko byahoze.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yongeye gusobanura impamvu z’ifungwa ry’insengero zimwe na zimwe, agaragaza ko byatewe n’imikorere idahwitse muri zimwe mu nzego z’amadini n’amatorero, atari ugutoteza imyemerere nk’uko bamwe babivuga
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yemereye abayoboke b’idini ya Isilamu inkunga igamije kubafasha guteza imbere ibikorwa remezo n’imibereho yabo muri rusange, anizeza ko zimwe mu mbogamizi zari zaragaragajwe zizakemuka bidatinze
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yashimangiye ko u Rwanda rukomeje guteza imbere ubumenyi hashyirwa imbara mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro mu kubaka uburyo butanga akazi ku rubyiruko.
Leta y’u Rwanda yohereje abacuruzi mu Bwongereza kujya gushaka amasoko y’imboga n’imbuto mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zatewe n’intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati yatumye aboherezagayo ibicuruzwa bahura n’igihonbo.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye ibinyoma by’uko abo mu nzego z’umutekano b’u Rwanda zagerageje gucengera muri hoteli umugore wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denise Nyakeru Tshisekedi yari ucumbitse muri hoteli muri Amerika ndo zimwice.
Urukiko rw'ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwafashe icyemezo cyo gufunga by'agateganyo abayobozi 3 ba koperative icunga umutekano mu isoko rya Nyanza, mu bigo by'amashuri n'ahandi aho baregwa ibyaha birimo kunyereza umutungo wa koperative n'inyandiko mpimbano
Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n'iza Tanzania (TPDF), bashimangiye ko hakenewe ingamba zihutirwa zo gukumira ubucuruzi bwa magendu n’ibindi bikorwa binyuranyije n’amategeko byambukiranya imipaka.
kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC cyatangaje ko u Rwanda rugeze ku ntambwe ishimishije mu guhangana n’igituntu, aho umubare w’abarwara iyi ndwara bashya wagabanutse ku kigereranyo cya 73%.