Inkuru Nshya

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yasabye urubyiruko rwitabiriye Itorero Indangamirwa kudasiga i Gabiro indangagaciro n’ubumenyi rwahawe, ahubwo rukabijyana mu miryango, ku mashuri, ku kazi no mu baturanyi, kugira ngo bibafashe guhangana n’ibishuko n’ibibarangaza birangwa muri iki gihe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko muri Nyakanga 2026 byiyongereyeho 14.5% ugereranyije n’uko byari bihagaze muri Nyakanga 2025. Muri Kamena 2026 byari byiyongereyeho 13.6%.
Ikipe  ya APR Karate yegukanye igikombe mu irushanwa mpuzamahanga rya Karate rizwi nka Zanshin Karate Championship 2026, ryabereye i Kigali muri Petit Stade ku Cyumweru tariki 9 Kanama 2026.
Umujyi wa Kigali wafunze by’agateganyo inyubako y’Inkundamahoro, usaba abayikoreramo gukemura ibibazo by’isuku, umutekano no kubungabunga ibidukikije nk'uko byagaragajwe n’ubugenzuzi
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangije ibikorwa byo kwizihiza Umunsi w’Umuganura, ihamagarira Abanyarwanda baba muri icyo gihugu gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, nubwo baba hanze y’igihugu.
Ikipe ya Al Hilal SC Omdurman yatangaje ko yamaze gusinyisha umutoza w'umudage Josef Zinnbauer nk'umutoza wayo mushya mu gihe cy'imyaka ibiri iri imbere.
Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 9 Kanama 2026, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha myugariro mushya ukomoka muri Côte d'Ivoire witwa Mohamed Ouattara uheruka gutandukana n'ikipe ya Damascus Al-Ahli Club yo mu cyiciro cya mbere muri Syria.
Ikipe ya APR FC yatsinze ikipe ya Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Sitade Umuganda yo mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.
Umunyamabanga mukuru wungirije w'umuryango FPR Inkotanyi ,Hon. Gasana Stephen kuri uko Cyumweru yitabiriye inteko rusange y’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyepfo yateraniye ku cyicaro cyawo kiri mu karere ka Nyanza
Kuri iki Cyumweru, ubuyobozi bw'akarere ka Rulindo n'ubwa Gatsibo ku bufatanye n'inzego z'umutekano n’abaturage bahuriye mu gikorwa cyo kumena inzoga zitujuje ubuziranenge ziherutse gukurwa ku isoko zagiye zifatirwa mu mirenge itandukanye.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka