Inkuru Nshya

Ikipe ya Patriots BBC yatsinze REG BBC amanota 84-75 naho RSSB Tigers BBC itsinda APR BBC amanota 97-82 ku munsi wa mbere wa 1/2 cy'imikino ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs 2026 mu bagabo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyafashe icyemezo cyo guhagarika itumizwa mu Rwanda ry’inzoga 52 zituruka mu mahanga, zirimo Bond 7, Kiwingu, Konyagi, Gilbey’s n’izindi, mu rwego rwo gukomeza kurinda ubuzima bw’abaturage.
Umutoza Frédéric Guérin w'amakipe y'Igihugu y'u Rwanda ya volleyball yatangiye gusezerera abakinnyi mu mwiherero wo gutegura Igikombe cy'Afurika cya 2026 aho yasezereye abakinnyi 4 mu bagore n'abakinnyi 3 mu bagabo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe eKash bukomeje kwitabirwa n’Abanyarwanda n’abaturarwanda, aho kuva bwatangira gukoreshwa ku wa 14 Nyakanga 2026 bumaze gutanga umusaruro ushimishije.
Mu gihe hirya no hino mu gihugu hakomeje ibikorwa byo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge zikomeje guteza ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage, ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buravuga ko ingamba bwafashe zirimo gufunga utubari twakoraga mu buryo butemewe zatangiye gutanga umusaruro ugaragara.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin yashimangiye ko inzoga zizwi nk’ibyuma zigomba gucika mu Rwanda agaragaza ko ababikora bashyiramo ibintu byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abantu nyamara ku macupa bakandikaho ibitarimo asaba abanywa ababinywa kubizinukwa burundu
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB) cyatangaje ko u Rwanda rwakomeje kwitwara neza mu bucuruzi mpuzamahanga, aho hagati ya tariki ya 27 na 31 Nyakanga 2026 rwinjije arenga miliyari 13 avuye mu bicuruzwa byoherejwe mu mahanga.
Ikipe ya APR VC yamaze gusinyisha abakinnyi Dusenge Wicklif ukina wataka wavuye muri Kepler VC na Manzi Sadulu ukina nka libero wavuye muri Police VC, buri wese asinya amasezerano y'imyaka ibiri muri iyi kipe y'Ingabo z'u Rwanda.
Abanyarwanda 302 batashye ku bushake mu Rwanda  bava mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo aho bari baragizwe ingwate n'Umutwe w'Iterabwoba wa FDLR, barahejejwe mu mashyamba ya DRC.
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ‘Genocost’ ari igitekerezo cya politiki ya Perezda Tshisekedi kigamije kuyobya ukuri kw’amateka y’ibibazo byabaye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no gushyira mu majwi u Rwanda rivuga ko ridashyigikiye uburyo rikoreshwamo.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka