Mu kagali ka Tumba umurenge wa Bungwe mu karere ka Burera umuturage witwa Ishimwe Donatha aravuga ko yakubiswe icupa n'umunyamabanga nshingwabikorwa w'akagali amusanze mu kabari akamukomeretsa.
Abafite ibyuma bisya imyumbati n'ibindi binyampeke,mu karere ka Kamonyi baravuga ko batungujwe no gufungirwa ibikorwa aho basabwa ibirimo no kujya baha amata abakozi buri munsi, ibyatumye ubu abaturage bagorwa no kubona aho bashesha imyumbati n'ibinyampeke
Ikipe ya Amagaju FC yo mu karere ka Nyamagabe yamaze gusinyisha umuzamu w'umugande Nicholas Ssebwato amasezerano y'umwaka umwe nyuma yo kurangiza amasezerano mu ikipe ya Mukura VS&L
Imikino ya mbere ya 1/2 irakinwa kuri uyu wa Gatatu aho Patriots BBC yabaye iya kabiri ku rutonde rusanzwe rwa Shampiyona izakina na REG BBC yabaye iya gatatu saa 18:30 naho APR BBC yabaye iya mbere izakina na RSSB Tigers BBC yabaye iya kane saa 21:00, iyi mikino yombi izabera muri BK Arena.
Senateri Evode Uwizeyimana yatangaje ko bitumvikana uburyo mu Rwanda hari igihe kimwe amazi aba menshi ndetse akanasenyera abaturage hanyuma hakaba n’igihe abura ku buryo hari abamara amezi abiri nta mazi bafite hanyuma igisobanuro kibaka ko ari mu bihe by’impeshyi kandi ababishinzwe bari babizi ko ibyo bihe bizagera.
Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga