Inkuru Nshya

Abagabo batatu bo mu karere ka Nyanza, bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw'abantu babiri bakubise bikamuviramo urupfu, babashinja kwiba ihene.
Niyo Bosco uri mu bafite izina rikomeye mu muziki Nyarwanda yambikanye impeta y’urudashira na Mukamisha Irene, bari bamaze igihe mu munyenga w’urukundo
Abagera kuri 47 bo ku rwego rwa ba ofisiye bato mu nzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, basoje amahugurwa ajyanye n’ubuyobozi no gukemura amakimbirane yari amaze amezi atanu atangirwa mu Ishuri rikuru rya Polisi (NPC) mu Karere ka Musanze, basabwa kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe mu gucunga umutekano .
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda, NISR, cyatangaje ko ubucuruzi bw’u Rwanda bwazamutseho 11,3%, ibyoherezwa mu mahanga bbikiyongeraho 12.70% , naho ibyinjizwa bivuye hanze  byo bigabanukaho 9.74% ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2025.
Abahagarariye imiryango itari iya Leta ikora mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu berekanye ko hari imbogamizi zikomeye ziterwa n’ubucucike mu magereza, basaba ko hajya hakoreshwa ubundi buryo bwo kurangiza imanza burimo ubuhuza, gutanga amande n’ubundi buryo budatuma abantu benshi bafungwa
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) n’Ikigo Nyafurika gikora ibijyanye no gukonjesha imiti, inkingo n’ibiribwa (ACES Cooling Solutions), byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere umutekano w’inkingo n’uburyo burambye bwo kubungabunga imiti n’ibiribwa mu Rwanda
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yitabiriye inama muri Togo yiga ku kibazo cy'umutekano mucye mu Burasirazuba bwa RDCongo.
Niyitegeka Gratien umenyerewe ku amazina arimo Papa Sava, Seburikoko, Ngiga, Sekaganda n’andi menshi, yatangaje ko ageze ku murizo imyiteguro yo gushyira hanze filime nshya irangira yise “What a Day”
Sosiyeti itunganya amafunguro yihuse yo mu bwoko bwa Fast Food, izwi ku izina rya KFC (Kentucky Fried Chicken), igiye kongera gufungura imiryango mu mujyi wa Kigali, nyuma y'igihe yari imaze idakora