Amakipe 10 y'abagore arimo Rayon Sports yo mu Rwanda ategerejwe mu Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere muri Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati yo gushaka itike y'Irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, CAF Women's Champions League CECAFA Qualifiers 2026.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, RDRC, yatangaje ko ku wa 29 Nyakanga 2026 yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Abanye-Congo 39 bari barivuze KO bahoze ari abarwanyi ba FDLR.
Itsinda rigizwe na Ofisiye bakuru n’abarimu 13 bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Sri Lanka bari mu rugendoshuri mu Rwanda, mu ruzinduko rw’amasomo kuva taliki ya 27 Nyakanga kuzageza ku ya 9 Kanama 2026.
Rayon Sports yatsinze ikipe ya Tusker FC yo muri Kenya igitego 1-0 mu mukino wa kabiri wo mu itsinda C muri CECAFA Kagame Cup 2026, biyongerera icyizere cyo kuzamuka muri iri tsinda
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2026 Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Ambasaderi Mushya wa Oman n’uwa Nouvelle-Zélande mu Rwanda.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 2 z’amadorali ya Amerika (arenga miliyari 2,9 Frw) zo kwifashisha mu kwitegura guhanga n’Icyorezo cya Ebola.
Mu minsi itanu, kuva ku wa 20 kugeza ku wa 24 Nyakanga 2026, u Rwanda rwinjije miliyoni 8.7$ avuye mu kohereza mu mahanga toni 8,826 z’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga