kwibuka

Ku itariki ya 17 Gicurasi 1994, Inama y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Amahoro ku Isi yarajijishije itora icyemezo cyongera ingabo za MINUAR zikagera ku 5500 ndetse muri icyo cyemezo hemezwa ko u Rwanda rwambuwe uburenganzira bwo kongera kugura intwaro (arms embargo).
Kuri uyu wa Gatandatu Visi Perezida wa Sena, Nyirahabimana Soline yitabiriye igikorwa cyo kwibuka imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi,igikorwa cyabereye mu karere ka Rwamagana.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, ari kumwe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere y’Ingabo z’u Rwanda, Col Egide Ndayizeye, kuri uyu munsi bifatanyije n’abanyeshuri n’abarimu barenga 1,500 bo muri IFAK, Kimihurura ndetse n’andi mashuri ayegereye mu kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Gatanu Col. Desire Migambi Mungamba, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubufatanye hagati y’Ingabo n’Abaturage muri RDF, yifatanyije n’abayobozi n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32, aho bunamiye abayobozi n’abakozi 101 bahoze bakorera iyo ntara, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana, yavuze ko abarwanya ukuri kw’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bata igihe kuko ukuri kudatsindwa, asaba Abanyarwanda guhangana nabo. 
Tariki 15 Gicurasi 1994, Papa Yohani Pawulo II wari umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi yasabye Umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ukora ugatabara u Rwanda.
Ku munsi nk’uyu, tariki ya 14 Gicurasi 1994, Abatutsi bakomeje kwicwa hirya no hino mu gihugu ari na ko ingabo zari iza RPF-Inkotanyi zarwaniraga guhagarika Jenoside yakorwaga Abatutsi.
Ku munsi nk’uyu, tariki ya 13 Gicurasi 1994, ni yo yabaye itariki ya mbere y’ibitero simusiga byaje mu Bisesero bigambiriye kwica Abatutsi.
Byabereye mu gikorwa cyo  kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe n’idini rya EAR diyoseze ya Kivu aho muri uyu muhango Musenyeri yahagurukije abapasiteri maze bose bagapfukama basaba imbabazi uwitwa Drocelle wahungiye ku wari pasitor wa EAR ariko akanga kumuhisha.
Ku munsi nk’uyu, tarikiya 12 Gicurasi 1994, kuri ADEPR Nyabisindu i Muhanga haje interahamwe zisize ingwa n’amarangi zambaye amashara, zifite intwaro, ibyuma, amashoka, imihoro, ubuhiri burimo imisumari, zirara mu Batutsi bari bahahungiye zirabica.