kwibuka

Inzego z' Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique (RSF-5) zifatanyije n’Inzego z’Umutekano n'iz'Ubuyobozi muri iki gihugu ndetse n’abahagarariye Sosiyete ya TotalEnergies, mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro n’Abanyarwanda baba muri Sudani y’Epfo, bafatanyije n’abahagarariye Umuryango mpuzamahanga, bateraniye hamwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Perezida wa Ibuka, Dr. Gakwenzire Philbert, yavuze ko urugendo rw'imyaka 32 ishize hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi rutari rworoshye, ashima ibyakozwe mu guhangana n'ingaruka zikomeye zayo.
Kuri uyu wa 07 Mata 2026 mu karere ka Nyanza habayeho gutangiza icyumweru cy'icyunamo hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango wa Afurika y'Uburasirazuba (EAC), ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bo mu karere, wifatanyije n'abanyarwanda n'Isi yose kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi, mu gikorwa cyabereye i Arusha muri Tanzania.
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Mahmoud Ali Youssouf, yashimangiye icyerekezo Afurika yihaye cy’uko urwango rwenyegejwe bitazongera kwemerwa ko ruhindurwa umushinga wa politiki.
Perezida Paul Kagame yashimye Ingabo z’u Rwanda zarwanye urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yongera gushimangira ko ntabihano ibyari byo byose bishobora gutesha agaciro, icyubahiro, n’ubunyangamugayo biziranga.
Ubwo hatangizwaga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye gushimangira ko amateka y’u Rwanda ari ukuri kudashobora guhindurwa cyangwa kugorekwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, agaragaza ko ibimenyetso byirengagijwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bisa n’ibiri kwirengagizwa ku kibazo cy’impunzi z’Abatutsi b’Abanye-Congo zimaze imyaka 33 mu buhungiro.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka