Ubukungu

Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko umutungo wose w'urwego rw'imari mu Rwanda wageze kuri miliyari ibihumbi 15,9Frw mu mpera z'Ukuboza 2025, izamuka rya 23.7%
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2026 ibiciro bya peteroli bizagabanukaho 16% bitewe n’uko umubare w’abantu babisaba utazamuka cyane
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yazamuye igipimo cy’inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku ma banki ho iby'ijana 50, kigera kuri 7.25% mu gihembwe cya kane cya 2025, kivuye kuri 6.75% cyariho mu gihembwe cyabanje
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera bwatangaje ko mu 2025 ibikorwa by’ubucuruzi biterwa inkunga n’iyi pariki byinjije agera kuri  555,242$ asaga miliyoni 800 Frw asaranganywa abagera ku 1200 bibumbiye mu makoperative atandukanye ayituriye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje cyatangiye kubaka inyubako zigezweho zizajya zumishirizwamo umusaruro w’ibitunguru n’urusenda, mu rwego rwo kugabanya iyangirika ry’umusaruro wabyo mu gihe na nyuma biri gusarurwa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko kugira ngo ikibazo cy’imiturire n’amacumbi ari ku giciro gihanitse mu Rwanda cyane cyane mu mujyi wa Kigali gikemuke, hakenewe ko hubakwa inzu ziri hagati y’ibihumbi 10 na 20 buri mwaka
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko ingengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2025/2026 yagabanyutseho miliyari 80,4 Frw, iva kuri miliyari 7,032,5 Frw ikagera kuri miliyari 6,952,1 Frw.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko ibiciro ku isoko byazamutse ku kigero cya 8.9% mu kwezi kwa Mbere kwa 2026 ugereranyije n’ukwezi kwa Mbere ku mwaka ushize wa 2025
Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yagaragaje ko muri gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere, NST2, igaragaza ko kuva yatangira, ubukungu bw'u Rwanda bwazamutse aho kuri ubu bugeze 8.9% buvuye kuri 8.2% mu 2023.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Prudence Sebahizi, yagiranye ibiganiro na Minisitiri ushinzwe ishoramari muri Leta ya Pakistan, Qaiser Ahmed Sheikh, bigamije kuzamura ubukungu no guteza imbere urwego rw'abikorera bo mu bihugu byombi