Ubukungu

Umunya-Tanzania, Diana Orembe, washinze akaba anayobora ikigo NovFeed, yegukanye igihembo nyamukuru cy'ibihumbi 300 by'amadorari, mu irushanwa rya 'Africa’s Business Heroes' (ABH), rishyigikira ishoramari ry’abakiri bato ku Mugabane wa Afurika
kigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda ,NISR, cyatangaje ko mu Ukwezi ku Ugushyingo 2025,ibiciro byiyongereyeho 7,2% ugereranyije n'Ugushyingo kwa 2024.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza 2025, mu Rwanda hatangiye inama ihuza abashoramari bo muri Afurika izwi nka “Africa’s Business Heroes”, iri kuba ku nshuro yayo ya karindwi.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, Soraya Hakuziyaremye, yatangaje hari ikizere ko uko ifaranga ryataga agaciro mu myaka ishize bizaba byaragabanutse mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026.
Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, yatangaje ko  ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, yakurikiye umukino wa Basketball wahuje Los Angeles Clippers, isanzwe yamamaza Visit Rwanda, na Dallas Mavericks .
Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete Nyarwanda y'Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, Yvonne Makolo, avuga ko urwego rw’ubwikorezi bw’imizigo rwitabwaho cyane kandi rukomeje gutanga umusaruro bishimangirwa n'amasezerano u Rwanda rufitanye n’ibihugu birenga 100 yo gukoresha ikirere cyabyo.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yayoboye inama y’Abamanisitiri yabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 28 Ugushyingo, yafatiwemo imyanzuro yerekeranye n’ubukungu n'imiterere y'ifaranga mu gihugu
Nyuma y’imyaka itatu n’igice ikora ibikorwa byo gucukura no gutunganya amabuye y’agaciro mu Rwanda, sosiyete Trinity Metals Group yatangaje ko igiye kongera ishoramari rya miliyoni 100$, rihwanye n’arenga miliyari 145 Frw, rigamije kongera umusaruro no gutangiza inganda zitunganya amabuye kuri buri kirombe.
Soraya Hakuziyaremye yagaragaje ingamba zashyizweho n'iyi banki mu kurushaho gushishikariza Abanyarwanda kwizigamira, nka kimwe mu bisubizo bizatuma inyungu ku nguzanyo zishyirwaho n'ibigo by'imari zigabanuka

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka