Ubuzima

Gahunda yo kwishyura amavuriro mbere (capitation) yaje gukuraho imbogamizi zagaragaraga muri serivisi zihabwa abanyamuryango b'ubwisungane mu kwivuza (Mituweli), harimo no kubona imiti yose umurwayi yandikiwe na muganga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangiye gutanga telefone zigezweho zikoresha ubwenge buhangano AI, ku bajyanama b’ubuzima  bose hirya no hino mu gihugu bemerewe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.
Minisitiri w'Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin, ku wa 27 Gashyntare 2026, yasuye Ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB , yerekwa serivisi zitandukanye zitangirwa muri ibi Bitaro .
Kaminuza y’u Rwanda yatoranyijwe kuzafasha mu kubaka ubushobozi Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba  gakeneye kugira ngo kihaze mu bijyanye no gukora imiti n'inkingo.
Ubuyozi bw’ibitaro bya Munini bwatangaje ko mu rwego rwo gukomeza kunoza serivise zihatangirwa bigiye guhindurwa ibya Giririkare ndetse bikavanwa ku rwego rw’ibitaro bya Karere bigashyirwa ku rw’ibyigisha abaganga byo ku rwego rwa kabiri bizwi nka ‘Teaching Hospital level 2’.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yashimye uruhare abaturage bagize mu gushyigikira Mituweli mu myaka 25 ishize, ashimangira ko yagiye yongera ubushobozi mu kuzamura ireme rya serivisi z'ubuvuzi
Imyaka 25 irashize Leta y'u Rwanda ishyizeho gahunda y'Ubwisungane mu Kwivuza (Mituweli cyangwa Mutuelle de Santé) nk’umusingi wo kugeza serivisi z’ubuvuzi zihendutse ku baturage bose mu gihugu
U Rwanda rwasinye amasezerano y’imikoranire y’imyaka itatu n’ikigo cy’ikoranabuhanga mu Bwenge Buhangano cya Anthropic PBC, hagamijwe guteza imbere ikoreshwa rya AI mu nzego zirimo uburezi, ubuzima n’imiyoborere ya Leta
Polisi y’u Rwanda yihanangirije abantu bahabwa icyangobwa kibemerera gushinga uruganda rwenga ibisembuye hanyuma bakajya bakora inzoga zitujuje ubuziranenge bwihishwa.
Kuryama ni kimwe mu bintu bituma umubiri n’ubwonko by’umuntu biruhuka ndetse buri wese ajya kurambika umusaya ashaka kubyuka afite imbaraga n’imbaduko zituma yongera gukora imirimo ye neza.