Ubuzima

Ubushakashatsi bwakozwe na  National Institutes of Health (NIH) bugaragaza ko gutura mu mijyi yiganjemo ubucucike byongera ibyago byo kurwara stroke ku kigero kiri hagati ya 20% na 70% ugereranyije n’abatuye mu bice by’icyaro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yagaragaje ko Afurika ikwiye kongera imbaraga mu ishoramari ry’ubuzima, guteza imbere ubwisungane mu kwivuza no gushyira imbaraga mu kwikorera imiti n’inkingo.
Umunyemari Bill Gates, washinze  akaba n’Umuyobozi wa Gates Foundation, yasuye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukusanya no gusesengura amakuru y’Ubuzima hakoreshejwe ubwenge buhangano (National Health Intelligence Center - NHIC).
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin yeretse Umunyemari akaba n’ukora Ibikorwa by’ubugiraneza, Bill Gates, ko Abajyanama b’Ubuzima ari inkingi ya mwamba mu mikorere n’iterambere ry’urwego rw’ubuzima mu Rwanda.
Nubwo siporo ari ingenzi mu kubungabunga ubuzima bw’umuntu ariko ubushakashatsi bwerekana ko igihe ikorerwa gishobora kugira uruhare runini ku mikorere y’umutima n’ireme ry'ibitotsi. 
Umuherwe w'Umunyamerika akaba n'uwashinze Gates Foundation na Microsoft, Bill Gates, yavuze ko yishimiye kongera kugirira uruzinduko mu Rwanda, agaragaza ko atewe ishema n'iterambere igihugu kimaze kugeraho mu nzego z'ubuzima, ubuhinzi n'ibikorwaremezo by'ikoranabuhanga bifasha abaturage kubona serivisi za Leta.
Abantu bamwe bumva ko kunywa ikirahure cy'umutobe w'imbuto bihwanye no kurya imbuto ubwazo. Gusa ubushakashatsi bwerekana ko nubwo umutobe wazo ubamo vitamini n'imyunyu ngugu nk’ibiba mu mbuto udashobora gusimbura kuzirya
Ikirahuri kimwe cy’amata ni ukuvuga mililitiro 250 gishobora gutanga hafi miligarama 300 za calcium, zikaba zingana n’igice kinini cy’izo umuntu mukuru akenera buri munsi. Nanone kandi ikirahuri kimwe cyamata gishobora kugira hafi garama 8 za poroteyine
Umuyobozi w'Ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera SIDA mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Basile Ikuzo, yasobanuye ko abari munsi y’imyaka 35 ari bo bafite umubare munini wandura Virusi itera SIDA kuko bihariye 60% ugereranyije n’ibindi byiciro.
Ni kenshi uzumva abantu bamwe bavuga ngo “Jyewe sinshobora kuva mu rugo mu gitondo ntafashe ifunguro”. Hari n’abahamya ko iryo funguro rya mu gitondo ngo ari ryo rifite akamaro kurusha ayandi umuntu afata ku munsi. Wenda nawe ushobora kuba ariko ubyemera cyangwa ukaba ubyibaza.