IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yavuze ko abana bahamijwe ibyaha bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare, bahabwa uburezi nk’ubw’abandi bose mu gihugu ndetse bakagenerwa nk’ibyo andi mashuri ahabwa mu kubarinda kudindira no kubaha ubumenyi bazakoresha basubiye mu buzima busanzwe.
Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko iterambere rya Afurika mu bijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano, AI, ritazashingira ku bwinshi bw'abarikoresha gusa ahubwo n'uburyo ibihugu by’Afurika bihitamo ibibazo bikwiye gukemurwa hakoreshejwe iryo koranabuhanga
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta yakiriwe n’umukuru w’igihugu cya Angola, Perezida João Lourenço ndetse amugezaho ubutumwa Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame
Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Niyo Bosco, yatangaje ko yitegura gukora ubukwe n’umukunzi we Mukamisha Irene, bitarenze muri Mutarama 2026
Madamu Jeannette Kagame yashimiye uburyo ishuri rya Kepler College rifasha urubyiruko rw’u Rwanda n’abandi Banyafurika kubona ubumenyi bujyanye n’igihe tugezemo, ndetse budaheza uwariwe wese
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, Ntwari Fiacre, agiye kumara amezi abiri adakina nyuma yo kubagwa imvune y’urutugu yari amaranye igihe
Hashakineza Jean Claude, yavuze ko intego y’icyerecyezo cya 2050 cy’Igihugu yo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi itagerwaho abana b’u Rwanda batize neza, bityo ko bisaba kugira abarimu bashoboye kandi bateguwe neza
Minisiteri y’Ubucuruzzi n’inganda, MINICOM, yatangaje ko  yamenye ibibazo byagaragajwe n’abakiriya ba Spiro , yizeza ko igiye kubikemura.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC),yatangaje ko ishima intambwe imaze guterwa mu kugabanya ubukene, inashima uruhare rw'imiryango itari iya leta mu iterambere ry'Igihugu.
Perezida Kagame uri mu rugendo rw'akazi muri Guinée , yifatanyije nabo gutangiza umushinga munini wo gucukura amabuye y’agaciro wa ‘Simandou Iron Ore Project’.