IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yirukanye abayobozi babiri bo mu kigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) n’umwe wo mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA).
Perezida wa  Sénégal, Bassirou Diomaye Faye yageze mu Rwanda   ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025, yakirwa na mugenzi w’u Rwanda, Paul Kagame.
inisitiri w'Ubuzima , Dr NSANZIMANA Sabin, yagaragaje ko Umuryango uhuza Ibikorwa by’Amavuriro ya Kiliziya Gatolika n’ay’andi matorero ya Gikirisitu BUFMAR, yagize uruhare mu kuzamura ikizere cyo kubaho mu Banyarwanda
Valens Uwineza yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe rihuza Inzego z’Ibanze n’Umujyi wa Kigali (RALGA), asimbuye Dominique Habimana uherutse kugirwa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.
Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB rwasabye aba ‘Agent’ ba Mobile Money (MOMO) kuba maso, bakagira amakenga ku bantu babasaba kubabikuriza amafaranga bakoresheje nimero zabo za telefoni, kuko hari ubujura bubakorerwa batabizi.
Minisitiri w'Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yibukije abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda kuzirikana ko ari bo mbaraga z’igihugu, bagakoresha neza ubumenyi bahawe mu guteza imbere igihugu.
Mu karere ka Kayonza, mu Murenge wa Murama, imvura ivanze n’umuyaga n’umuvu, byishe abantu batandatu , inasenya inzu zirenga 22.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imikurire no kurengera umwana ,NCDA, cyagaragaje ko  hakiri icyuho cy’ubumenyi bucye mu bakora mu  ngo mbonezamikurire bityo bikadindiza iterambere n’imikurire y’umwana.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’lkoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT), Yves Iradukunda, yavuze ko Marie Immaculée Ingabire yaranzwe no kwicisha bugufi ndetse iteka agaharanira kuvugusha ukuri no kurwanya akarengane.
Sadati Munyakazi, yasabye imbabazi kubera imvugo yakoresheje imvugo ipfobya Abarundi n'Abanye-Congo, aho yavugaga ko  Abanyarwanda bakwiriye gukora cyane kugira ngo bakire, mu myaka iri imbere bazajye batanga akazi ko gukubura imihanda yo mu Rwanda no koza ubwiherero ku Barundi n’Abanye-Congo.