Amakuru

Umunyamakuru akaba n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), Mutesi Scovia, yagaragarije Umukuru w’Igihugu ibibazo by’amikoro biri mu itangazamakuru ryo mu Rwanda birimo n'amikoro macye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje uruhare rw’Abanyarwanda baba mu mahanga mu iterambere ry’’igihugu aho yavuze ko amafaranga bohereza yazamutse akava kuri miliyoni 9.2 z’amadorali akagera kuri miliyoni 502 z’amadorali buri mwaka.
Minisitiri w'ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda ,Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yakomeje gushinja u Rwanda kudashyira mu bikorwa amasezerano nyamara RDC yabuze ubushake bwa Politiki .
Banki Nkuru y'u Rwanda, yaburiye abantu bose kwirinda gukoresha amafaranga y'inoti mu buryo budakwiriye ubwo ari bwo bwose kuko bitemewe kandi bihanwa n'amategeko.
Kuri uyu wa 5 Gashyantare 2026 muri Kigali Convention Center hatangiye kubera Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20, ndetse yagarutse ku ngingo zitandukanye zubaka igihugu
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yatangaje ko amahanga adakwiriye guhora yibaza aho u Rwanda rukura amabuye y'agaciro.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasubije abakomeza kwibaza niba u Rwanda ruri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko icyo u Rwanda rwakoze ari ugushyiraho ingamba z’ubwirinzi kugira ngo ruhangane n’ibibibazo bituruka muri Congo
Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin , yagaragaje ko mu mwaka wa 2024-2025, ubukerarugendo bushingiye ku nama n'imyidagaduro bwinjrije u Rwanda Miliyoni 108$ avuye kuri Miliyoni 95$ .
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda ko bagomba guharanira kwigira no kwirinda kubaho bateze amaramuko ku bandi

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka