Amakuru

Mu karere ka Bugesera, abantu bane bakurikiranyweho gukora no gucuruza ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga cyahitanye ubuzima bw'abantu 17 .
Umujyanama wihariye ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ubufatanye na Afurika, Massad Boulos,  yavuze ko kugira ngo amasezerano ya Washington yasinywe hagati y'u Rwanda na DRC ashyirwe mu bikorwa bisaba inzira ndende gusa hakiri ubushake bwo kuyashyira mu bikorwa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko ikibazo mu mitangire mibi ya serivisi z’ubutaka kiri mu byo bari kwitaho ngo gikemuke aho yavuze ko bari kwifashisha ikoranabuhanga mu rwego rwo kugabanya igihe byatwaraga ngo ziboneke.
Denmark yafunguye ambasade yayo i Kigali nyuma y'igihe kinini itayigira mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda yihanangirije abantu bahabwa icyangobwa kibemerera gushinga uruganda rwenga ibisembuye hanyuma bakajya bakora inzoga zitujuje ubuziranenge bwihishwa.
Itsinda ry’intumwa za Guverinoma y’u Rwanda riyobowe na Minisitiri w’Umutekano, Dr. Vincent Biruta  ryagiriye urugendo rw'akazi mu Misiri.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Jimmy Gasore, yashimangiye ko guhuza ibice by’icyaro n’imijyi bitagarukira ku kubaka imihanda gusa, ahubwo ari inzira yo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage
Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere (RwandAir) yatangaje  ko yagizweho n'ingaruka n'imyigaragambyo y'abakozi yabereye ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Jomo Kenyatta (JAKIA).
Abanyarwanda 18 bari bamaze imyaka myinshi muri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare 2026, bakiriwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi ubwo bari batahutse.
Imyaka ibaye uruhererekane abantu bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda cyane cyane abo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bahererye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batabaza ku bw’ibikorwa by’ubwicanyi bw’indengakamere bakorerwa ariko ijwi ryabo ntirirenge umutaru.