Perezida Paul Kagame yavuze ko isuku igaragara mu Rwanda, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, ahanini yaturutse ku cyemezo Abanyarwanda bafashe cyo kuyigira inshingano zabo, aho gutegereza ko hari igihugu cyangwa umuterankunga w’amahanga uzabafasha kuyibungabunga.