Inkuru Nshya

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abayobozi bane bo mu turere dutandukanye, bagize uruhare mu gutanga ibyangombwa byo kubaka bitubahirije ibisabwa n'amategeko, bakurikiranyweho gukoresha ububasha bafite mu nyungu zabo bwite.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko rizashyigikira Gianni Infantino mu matora ya FIFA ateganyijwe umwaka utaha aho uzatsinda azayobora kuva mu 2027 kugeza mu 2031.
Umuhanzikazi Clarisse Karasira wubatse izina mu Muziki Nyarwanda ari mu byishimo byo kwizihiza  imyaka itanu amaze mu rushako ndetse n’isabukuru y’amavuko y’umugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie.
Ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije REMA, na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi bagaragaje ko  kwita ku bidukikije no kurwanya imyuka ihumanya ikirere byakemura ikibazo cy’ingufu harimo n’iz’igihugu giyumiza hanze harimo n’ibikomoka kuri peteroli bikomeje kuba ikibazo ku Isi hose.
Umuraperi Ngenzi Serge wamamaye mu Muziki Nyarwanda by’umwihariko uwo mu njyana ya HipHop nka Neg G The General , yatangaje ko yisubiyeho ku mugambi wo gusohora indirimbo isubiza iya Riderman yari yacyetse ko yamwibasiye.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ku mugaragaro ko zafatiye ibihano Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ashinjwa kugira uruhare mu guhungabanya umutekano wa RDC, cyane cyane mu Burasirazuba bw’iki gihugu.
Umuhanzi The Ben ari kumwe n’umugore we Uwicyeza Pamella bari kubarizwa muri Zambia aho aba bombi biteganyijwe ko bazitabira igitaramo gikomeye umuhanzi Davido, azakorera i Lusaka ku wa Gatandatu tariki ya 02 Gicurasi 2026.
General Rtd Fred Ibingira yagaragaje ko abanyarwanda bafite amahirwe yo kugira perezida Kagame nk’umukuru w’igihugu ,kubera ubushishozi agaragaza mu miyoborere ndetse n’icyerekezo cyiza yahaye u Rwanda nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi.
Umunyamakuru Rugemana Amena, wamamaye cyane nka 'Babu Rwanda' mu itangazamakuru ry'imyidagaduro mu Rwanda , yamaze gusezera mu kiganiro 'The Choice Live’, gitambuka ku muyoboro wa YouTube wa The Choice Live ndetse no ku Isibo TV.
Tariki ya 01 Gicurasi 1994, Abatutsi bari kuri uyu musozi bagoswe n’igitero cy’Interahamwe  gikomeye cyari kigamije kubatsemba bose ndetse zafunze amayira yose yaganaga ku musozi wa Karama mu rwego rwo kubabuza guhunga.