Inkuru Nshya

Umunyarwanda Jean Paul Micomyiza woherejwe mu Rwanda n'igihugu cya Sweden nyuma yo gusaba urukiko ko dosiye yari mu rurimi rwo mu gihugu cya Sweden yashyirwa mu kinyarwanda bigakorwa, noneho ubu yasabye urukiko ko iyo dosiye itahabwa agaciro.
Ambasaderi Maj Gen Joseph Nzabamwita yashyikirije Perezida wa Serbia, Aleksandar Vučić, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo Gihugu
Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Prudence Sebahizi yijeje Abaturarwanda ko nta bicuruzwa bizabura ku isoko ry’imbere mu gihugu birimo n’ibikomoka kuri peteroli nubwo ibiciro byitezweho gukomeza kuzamuka
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryemereye umutoza Haringingo Francis Christian gutoza Rayon Sports FC mu buryo bwemewe n’amategeko, aho agiye kurwana urugamba rwo gukuramo ikinyuranyo cy'amanota 9 arushwa n'uwo bahanganiye igikombe
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko nubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse, bitazagira ingaruka ku biciro by’ingendo ku bakoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi NAEB, cyatangaje ko umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi woherejwe ku masoko mpuzamahanga kuva ku wa 6-10 Mata 2026 byinjirije u Rwanda miliyari 11,2 Frw.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yerekanye ko imodoka na moto zikoresha amashanyarazi zishobora kuba igisubizo ku bibazo biri guterwa n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (National Institute of Statistics of Rwanda) cyatangaje ko mu mwaka wa 2025 handitswe gatanya 4,479 mu gihugu hose.
Kuri iyi tariki Abatutsi bagera ku 12 000 bari bahungiye kuri Stade Gatwaro ku Kibuye barishwe, maze Interahamwe n’abaturage b’Abahutu bacukura ibyobo rusange babajugunyamo.
Umuhanga mu kuvanga imiziki, DJ Iraa, yahishuye ko akomeje guterwa ubwoba no gutukwa na bamwe mu Barundi batigeze bishimira icyemezo yafashe cyo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda akabuhabwa.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka