kwibuka

Kuri uyu wa 07 Mata 2026 mu karere ka Nyanza habayeho gutangiza icyumweru cy'icyunamo hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango wa Afurika y'Uburasirazuba (EAC), ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bo mu karere, wifatanyije n'abanyarwanda n'Isi yose kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi, mu gikorwa cyabereye i Arusha muri Tanzania.
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Mahmoud Ali Youssouf, yashimangiye icyerekezo Afurika yihaye cy’uko urwango rwenyegejwe bitazongera kwemerwa ko ruhindurwa umushinga wa politiki.
Perezida Paul Kagame yashimye Ingabo z’u Rwanda zarwanye urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yongera gushimangira ko ntabihano ibyari byo byose bishobora gutesha agaciro, icyubahiro, n’ubunyangamugayo biziranga.
Ubwo hatangizwaga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye gushimangira ko amateka y’u Rwanda ari ukuri kudashobora guhindurwa cyangwa kugorekwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, agaragaza ko ibimenyetso byirengagijwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bisa n’ibiri kwirengagizwa ku kibazo cy’impunzi z’Abatutsi b’Abanye-Congo zimaze imyaka 33 mu buhungiro.
Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Muri iki cyumweru cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi zishwe mu 1994, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, MINUBUMWE, yagaragaje ibikorwa biteganyijwe mu Cyumweru cy’icyunamo, itangaza ko ibikorwa byose n’indi mirimo byemerewe gukomeza nyuma y’igikorwa cyo Kwibuka.
Ikipe ya Arsenal binyuze mu bakinnyi bayo barimo Jurrien Timber, David Raya , Christian Nørgaard ndetse na Ben White yageneye ubutumwa u Rwanda ndetse n'Isi muri rusange, muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Siyansi n’Umuco, UNESCO, ryijeje uruhare rwaryo mu guteza imbere uburezi ku byerekeye Jenoside bizafasha mu guhangana n'ivangura iryo ari ryo ryose.