kwibuka

Mu nyandiko ya Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, agaragaza ko kuri iyi tariki Abafaransa batangije mu Rwanda icyo bise “Operation Amaryllis”, yari igamije gucyura Ingabo n’abaturage b’Abafaransa n’abanyamahanga bari mu Rwanda aho basize Interahamwe n’ingabo za leta ziri kwica Abatutsi urw’agashinyaguro.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe b’ingeri zinyuranye muri abo barimo n’abahanzi bakundirwaga inganzo yuje ubuhanga bwabo, muri iyi nkuru UMUNOTA.com wakwegeranyirije amateka yihariye y'umuhanzi Karemera Rodrigue wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mata 2026, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Nigeria, abayobozi mu nzego za leta ya Nigeria n’iz’umutekano, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja ku nsangamatsiko y’uyu mwaka: “Kwibuka Twiyubaka.’’ (Remember-Unite-Renew).
Ati “Mu rwego rw’ubutabera, IBUKA yagize uruhare mu gushyigikira Inkiko Gacaca n’imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha. Yanagize uruhare mu gushaka abatangabuhamya no gutanga amakuru mu manza zibera mu mahanga.”
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko kwibuka atari igikorwa cyo kuzirikana gusa, ahubwo ko ari ukubaho no kuberaho abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
Mu gihe mu Rwanda n’Isi muri rusange hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imiryango mpuzamanga, abanyacyubahiro batandukanye , ibihugu by’inshuti ndetse n’abahanzi bakomeje gufata mu mugongo abanyarwanda muri ibi bihe byo Kwibuka.
Gen Aboubacar Faye wahoze mu ngabo za Loni zari zaje kugarura amahoro mu Rwanda (MINUAR) yavuze uburyo Umuryango w’Abibumbye wirengagije ku bushake ubutumwa bwoherejwe bumenyesha ko mu Rwanda hari gutegurwa Jenoside yakorewe Abatutsi.  
Umwanditsi w’ibitabo akaba n’umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Mukagasana Yolande, yagaragaje ko arambiwe kubona umuryango mpuzamahanga ukomeza kurebera ibikorwa n’imvugo byibasira Abatutsi, by’umwihariko abatuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyamara hari amategeko mpuzamahanga abihana.
Itegeko nº 59/2018 ryo ku wa 22 Kanama 2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo, risobanura ibikorwa bigize icyaha n’ibihano byabyo, abantu bakwiye guhora birinda cyane cyane mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.