Politiki

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakiriye neza ibyatangajwe n'Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, washimye ko rwujuje inshingano zarwo mu gushaka ibisubizo ku makimbirane ari hagati y'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
Ambasade ya Leta Zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda yizihije imyaka 250 ishize zibonye ubwigenge , ukaba ari n’umwaka wa 64 u Rwanda na Amerika bimaze mu bufatanye.
U Rwanda n’u Bufaransa byasinyanye masezerano abiri y’ubwumvikanye harimo arebana n’ubufatanye mu bijyanye n’abimukira n’ayandi ajyanye no korohereza abagize imiryango y’abakozi bari mu butumwa bwa dipolomasi kuri buri gihugu kubona akazi mu bihugu byombi.
Perezida Kagame yashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, wubakiye ku cyizere kandi ko ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye bukomeje kugana aheza.
U Rwanda rwagaragaje ko hakenewe ubufatanye bw’inzego z'ibihugu n'iz'ibigo bifite mu nshingano kurwanya ikwirakwizwa ritemewe ry'intwaro nto n'izoroheje, hubakwa ubushobozi kugira ngo zirusheho gukora mu buryo bunoze.
Guverinoma ya Mozambique yemeye ko izatanga amafaranga Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado zizakenera.
U Rwanda rwavuze ko rwubashye umwanzuro w’Urukiko Mpuzamahanga ku kirego rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyoni 100 z’amapawundi, rugaragaza ko uru rubaza rwari rukomeye ariko nanone ko rwashoboraga kuvamo imyanzuro itandukanye.
Urukiko  Mpuzamahanga rw'ubuhuza rwanzuye ko u Bwongereza butazishyura u Rwanda arenga miliyari 190 Frw rwari rwaregeye nk’indishyi ku mpamvu z’uko u Bwongereza butabahirije ibikubiye mu masezerano ibihugu byombi byagiranye yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin yahuye n’Abanyarwanda batuye muri Benin, abashimira uruhare rwabo mu gushimangira umubano mwiza uri hagati y'u Rwanda n’iki gihugu.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yageze i Cotonou muri Bénin, aho azahagararira Perezida Kagame, mu muhango w’irahira rya Perezida Romuald Wadagni uherutse gutorwa.