Uburezi

Mu kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu ku Rwego rw’Igihugu, abarezi bagaragaje ibyishimo baterwa n’impinduka zigaragara mu mibereho yabo bishimangirwa n’umushahara uherutse kongerwa n;ubwo bagaragaza ibigikenewe birimo mwarimu shop.
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengiyumva yibukije ko umwarimu ari inkingi ya mwamba mu burezi bw’u rwanda  ashimangira ko ireme ry’uburezi , ubumenyi n’ubushobozi igihugu gikomeza kugeraho byubakiye ku mbaraga n’ubwitange bya mwarimu.
REB yagaragaje ko abarimu bigisha ururimi rw'Igifaransa boherejwe n'Umuryango w'Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, ari abafatanyabikorwa b'imena mu rugendo rwo guteza imbere uru rurimi mu burezi bw'u Rwanda
Hashakineza Jean Claude, yasobanuye ko amashuri y’ikitegererezo (Model Schools) afite isano n’amashuri Nderabarezi, kuko akorana nayo mu gufasha abanyeshuri biga uburezi kwimenyereza neza uwo mwuga
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi, Irere Claudette, yavuze ko abanyeshuri biga mu mashuri nderabarezi bigishwa ururimi rw'amarenga ndetse n'ubundi buryo bwose bugamije gufasha abafite ubumuga, mu gihe bazaba batangiye kubigisha.
Madamu Jeannette Kagame yashimiye uburyo ishuri rya Kepler College rifasha urubyiruko rw’u Rwanda n’abandi Banyafurika kubona ubumenyi bujyanye n’igihe tugezemo, ndetse budaheza uwariwe wese
Hashakineza Jean Claude, yavuze ko intego y’icyerecyezo cya 2050 cy’Igihugu yo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi itagerwaho abana b’u Rwanda batize neza, bityo ko bisaba kugira abarimu bashoboye kandi bateguwe neza
Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko Banki y'Isi yabaye umufatanyabikorwa mwiza mu guteza imbere uburezi, aho hamaze kubakwa ibyumba by'amashuri birenga 11,000 hirya no hino mu gihugu, byafashije mu kugabanya ubucucike mu mashuri yo mu byaro
Minisitiri w'Uburezi, Dr Joseph Nsengimana, yagaragaje uburyo Ubwenge Buhangano, Artificial Intelligence, bwifashishwa mu kuzamura ireme ry'uburezi mu Rwanda by'umwihariko nko mu mashuri akigaragaramo ubucucike