Ibyihariye

Mu gihe u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 32 umunsi wo Kwibohora, kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026, Ingabo na Polisi by’u Rwanda bamuritse ibikorwa bitandukanye bakoze mu guteza imbere imibereho y’abaturage.
Imyaka 32 irashize izari Ingabo (RPA) Inkotanyi zibohoye igihugu, nyuma y’urugamba rwamaze imyaka ine aho rwatangiye mu Ukwakira 1990 kugeza muri Nyakanga 1994.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yashimiye abaturage bo mu Karere ka Nyabihu ku ruhare rwabo n’ubufatanye mu bikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda bigamije iterambere n’imibereho myiza by’abaturage.
Perezida Paul kagame yatangaje ko intego y'urugamba rwo kubohora igihugu yari iyo gusubiza Abanyarwanda ibyo bari barambuwe ashimangira ko umutekan w’igihugu udashingiye ku gushimwa n’abandi.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwanyuze mu rugendo rurerure rwo kongera kwiyubaka no kuzahura igihugu cyari cyarasenyutse mu nzego zose. Mu myaka 32 ishize, rwabashije kuva mu bibazo bikomeye birimo iby'umutekano, ubukungu n'imibereho y'abaturage, rugera ku rwego rufatwa nka kimwe mu bihugu biri kwihuta mu terambere haba muri Afurika no ku Isi.
Ku muhanda Kigali-Muhanga uturutse i Kigali mbere yo kugera mu santere ya Runda, i bumoso ku Ruyenzi mu Murenge wa Runda ho mu karere ka Kamonyi, ni ho hari gushyirwa sitasiyo bigaragara ko ishobora guteza akaga Abaturage.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworizi, Dr Ndabamenye Telesphore, yatangaje ko ifumbire mvaruganda izakoreshwa mu gihembwe cy’ihinga cya 2027A (Umuhindo), 45% byayo izaba yarakorewe imbere mu gihugu.
Mu kiganiro yagiranye na Tereviziyo y’u Rwanda, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, Dr Flora Mutezigaju, yagarutse ku iterambere ry’Urwego rw’Uburezi ukurikije uko rwari ruhagaze mbere na nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko mu abagore 5% ari bo bafite inzu zabo bwite naho 35% bazifatanyije n’abagabo babo. Mu gihe ku bagabo, 9% aribo batunze inzu zabo bwite naho 28% bakaba bazifatanyije n’abagore babo.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko urugendo rwo guhangana na Virusi itera SIDA rukomeje gutanga umusaruro, aho ubwandu bwagabanutse bugera kuri 2,2% mu Banyarwanda bafite hagati y’imyaka 15 na 49, buvuye kuri 2,7% bwariho mu 2019-2020.