Ibyihariye

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa yatangaje ko ingengo y’imari y’u Rwanda iziyongera mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/2027, ikagera kuri miliyari 7,796.3 Frw, ivuye kuri miliyari 6,952.1 Frw zari zateganyijwe mu mwaka wa 2025/2026
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwiteze inyungu mu Nama ya ‘Africa Forward Summit’ iri kubera i Nairobi muri Kenya.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yageze muri Uganda aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko muri Mata 2026 byiyongereyeho 13% ugereranyije n’uko byari bimeze muri Mata 2025. Muri Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 9,2%.
Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo u Rwanda rwakire inama mpuzamahanga ihuza abashoramari ndetse n'abayobozi b’ibigo bikomeye,
Kuri uyu wa Gatandatu , Umuyobozi ushinzwe ubufatanye bw' ingabo n'abaturage Col Désiré Migambi yifatanyije n’abanyamuryango b' Ishyirahamwe ry'umukino wa Golf (Rwanda Golf Union) mu mugoroba wo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyo cyabereye i Kigali mu cyanya cy' umukino wa Golf , i Nyarutarama.
U Rwanda rwasinye amasezerano azatuma rutangira gufasha ibihugu 19 byo ku mugabane wa Afurika gutanga serivise z’ibirango by’ubuziranenge.
Kimwe mu byo abahinzi bagararagaza nk’impamvu ituma ibirayi bihenda harimo imiti n’inyongeramusaruro bakoresha muri ubu buhinzi aho bavuga ko biba bihenze cyane ndetse bakavuga ko leta ikwiye kubatera inkunga kugira ngo igiciro cyabyo cyorohere abaguzi.
Urukiko rw’i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwaciye miliyoni 4$ (asaga miliyari 7 Frw) Eugène Richard Gasana wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (Loni) nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina umukobwa.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, watangaje ko wishimiye icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa, cyo gusubukura iperereza kuri Agathe Habyarimana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka