Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ikigo Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda RBC, cyatangaje ko mu mwaka wa 2024/2025 u Rwanda rwarwanyije Malariya ku kigero cya 76 ku gihumbi bivuze 7.6%. Imibare yiyongeye ugereranyije n’uko yari imeze mu 2023/2024 aho yari kuri 4.5%.
Mu ijoro rya taliki ya 14 Mata 2026 nibwo umunyamategeko wari usanzwe ari umwanditsi w'urukiko rwisumbuye rwa Huye wasanzwe muri rigole yapfuye mu mudugudu wa Rugarama mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere Nyanza ari naho yari atuye.
Ikipe ya APR FC yatsinze Etincelles FC mu mukino ubanza wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro, yishyira mu mwanya mwiza wo gukatisha itike yo gukina umukino wa nyuma.
Louis Rwakiranya, yavuze ko ari ibintu bishimishije kubona Shampiyona Nyafurika y'Amakipe y'Abagabo ya Volleyball yakirwa mu Rwanda ashimangira ko ari ikimenyets cy’ubumwe, imiyoborere myiza n’iterambere
Abayobozi batatu ba koperative icunga umutekano yitwa Umoja ni Nguvu, ikorera mu karere ka Nyanza, bajuririye icyemezo cy’urukiko cyabategetse gufungwa by’agateganyo iminsi 30, nyuma yo gukekwaho kunyereza umutungo no gukoresha inyandiko mpimbano.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yongeye kwihanangiriza abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange bongera ibiciro by’ingendo ku bagenzi n’abacuruzi bongera ibiciro by’ibicuruzwa uko bashatse bitwaje izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli ko abazafatwa bazahanwa.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ushinzwe Akarere ka Afurika, Prof. Mohamed Janabi ari kumwe na Brian Chirombo uyihagarariye mu Rwanda, basuye Ishami ry’ubuvuzi bw’umutima mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal
Raporo y’irangamimerere mu Rwanda ya 2025 igaragaza ko muri uwo mwaka ingo zisaga ibihumbi 50 zashyingiwe mu mategeko, ndetse umubare munini w’abagore bashaka bari munsi y’imyaka 25 aho abarenga 800 bashatse bataruzuza imyaka 21.
Ihenda n’izamuka ry’igiciro cy’ubutaka hari abagaragaza ko rikomeje kuba ikibazo kibangamira abasore badafite amikoro ahagije, ibi bituma iyo bageze mu gihe cyo gushaka bashakira abagore mu nzu z’ababyeyi babo