Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Uganda, Zaina Namuleme wamaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports y'abagore, yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2026 aho aje gutangira imirimo ye muri Rayon Sports.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yaje  muri eshanu zagize uruhare mu guteza imbere uburezi ku Mugabane wa Afurika, ihembwa asaga miliyari 4,3 Frw mu bihembo bya Africa Higher Education for Transformation (AHEFT) Prize byatanzwe n’Umuryango Imbuto Foundation.
Ikipe ya Bugesera FC yamaze gutangaza ko Gatera Mussa ari umutoza wayo mu gihe cy'umwaka umwe wa 2026/27 asimbuye Banamwana Camarade wamaze kugirwa umutoza wa Sunrise FC y'i Nyagatare.
Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, ikipe ya Police FC yatangaje Superintendent of Police (SP) Diane Ntakirutimana nk'umunyamabanga mukuru wayo (Secretary General) asimbuye Chief Inspector of Police (CIP) Claudette Umutoni.
Umuhuzabikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC), Corneille Nangaa, yatangaje ko adashyigikiye igitekerezo cyo kugirana ibiganiro n'ubutegetsi bwa Kinshasa, avuga ko ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kidashobora gukemurwa binyuze mu masezerano mashya ya politiki.
Ikipe ya Mukura VS&L yungutse akayabo k'amafaranga y'u Rwanda akabakaba miliyoni 15 nyuma yo gutandukana n'umutoza Tomáš Trucha atayitoje na rimwe nk'uko byari bikubiye mu masezerano y'impande zombi.
Mimi Mehfira, umugore w’umuhanzi Ngabo Médard Jobert wamamaye nka Meddy, yasubije abamubajije impamvu yabujije Umugabo we kongera gusohora indirimbo ababwira ko nawe ari umufana bityo ko ategereje nk’abandi.
Perezida w'Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA, umunya-Eritrea Paulos Weldehaimanot Andemariam yamaze kugera i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2026 aho yitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rigiye kubera mu Rwanda.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2026, ikipe ya Rayon Sports y'abagore yatangiye imyitozo ku kibuga cya Skol mu Nzove isanzwe ikoreraho ndetse yakiriraho n'imikino, itangaza n'abakapiteni bayo bashya barangajwe imbere na Uwase Andersen.
Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA, ryatangaje abakinnyi 12 mu bangavu n'abakinnyi 12 mu ngimbi, bazahagararira u Rwanda mu mikino y'Akarere ka 5 mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cy'abatarengeje imyaka 18.Iyi mikino izabera i Cairo mu Misiri kuva tariki 23 Nyakanga kugeza 29 Nyakanga 2026.