Camille Ndikumana

Camille Ndikumana

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Ambasaderi wa Portugal mu Rwanda, Luisa Maria Machado da Palma Fragoso, usoje inshingano ze.
Umukinnyi wa Filime  Irunga Longin wamamaye nka "Tukowote" mu ruganda rwa Sinema mu Rwanda yambitse impeta y’urudacuyuka umukunzi we bitegura ku rushinga bitarenze muri 2026.
Ishimwe Aline, umubyeyi ukiri muto witeje imbere, yasangije urubyiruko urugendo rwe rw'ubuzima mu nama y'Igihugu y'Umushyikirano, aho avuga ko ku myaka 28 y'amavuko ubu yashinze hoteli ye bwite yitwa 'Karisimbi Cave Resort'
Umuhanzi Bruce Melodie yageneye ubutumwa bw’ishimwe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kubera  iterambere yagejeje ku Rwanda ndetse n’uburyo izina rye rizwi  neza mu Mahanga.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yerekana intambwe yatawe mu Burezi bw'u Rwanda kuva nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho agaragaza ko abana biga mu mashuri y'incuke bageze ku bihumbi 680
Rwiyemezamirimo akaba n’umunyarwenya, Merci Ndaruhutse wamamaye nka Fally Merci mu bijyanye n'urwenya yatumiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu gitaramo cy’urwenya cya Gen - Z Comedy Show.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yongeye gusaba ko ikibazo cy' urubuga rutangirwamo serivisi zitandukanye zifitanye isano n’ishoramari n’ubucuruzi (One stop Centre) , cyakemuka , bikorohera abashaka kubona ibyangombwa .
Umunyamakuru akaba n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), Mutesi Scovia, yagaragarije Umukuru w’Igihugu ibibazo by’amikoro biri mu itangazamakuru ryo mu Rwanda birimo n'amikoro macye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje uruhare rw’Abanyarwanda baba mu mahanga mu iterambere ry’’igihugu aho yavuze ko amafaranga bohereza yazamutse akava kuri miliyoni 9.2 z’amadorali akagera kuri miliyoni 502 z’amadorali buri mwaka.