Inkuru Nshya

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Thelesphore Ndabamenye, yatangaje ko ibihugu bya Afurika bidakwiye gukomeza guhendwa no gutumiza ikawa hanze y’umugabane nyamara byohereza mu mahanga ingano nyinshi ya kawa idatunganyije bikongera kuyigura ku giciro gihanitse.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zongeye gusaba ibihugu bigize umuryango w'Abibumbye (ONU) gufatanya mu guhana abantu bose bakekwaho ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa mu bihe by'intambara, zivuga ko amagambo gusa adahagije ahubwo hakenewe ibikorwa bifatika.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage bagaragaje ko mu turere tumwe na tumwe hari ikibazo cy’izamuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ubusinzi cyane cyane mu rubyiruko.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko umubare munini w’Abanyarwanda bafite imyaka itanu kuzamura bafite ubushobozi busesuye bwo gukora ibikorwa byabo bya buri munsi, nubwo hari igice gifite ibibazo by’imikorere mu nzego zitandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko mu mezi atandatu ashize kugeza muri Kamena 2026, abantu 44 bamaze kwicwa n’inzoga zitujuje ubuziranenge.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Estonie, Alar Karis, byibanze ku bufatanye hagati y’ibihugu cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Perezida Paul Kagame yafunguye kumugaragaro Komisiyo Mpuzamahanga ya AI for Good Global Commission anayobora Inama ya mbere y'iyi Komisiyo.
Perezida Kagame yagaragaje ko Ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano (AI) rifite ubushobozi bwo guhindura imibereho y'abantu no guteza imbere ubukungu ariko ko bisaa ko ryubakw aneza ku mugabane wa Afurika n’ahandi hose ku isi.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko mu rubyiruko rutarashyingirwa rufite imyaka iri hagati ya 15 na 24, abagera kuri 73% by’abakobwa bavuze ko batarakora imibonano mpuzabitsina na rimwe.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umunya-Cameroon Dande Junior ukina mu izamu w'imyaka 28 wakiniraga ikipe ya Canon Sportif de Yaounde y'iwabo.