Umubare w’ababyeyi babyara babazwe (Césarienne) mu Rwanda ukomeje kwiyongera, aho wageze kuri 24% mu 2025, bivuze ko hafi umubyeyi umwe muri bane yabyaye hakoreshejwe ubu buryo. Ibi bigaragazwa n’ubushakashatsi bushya ku mibereho n’ubuzima, DHS7, bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, NISR.