Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nzansimana Sabin, yagaragaje ko kwihutisha no gusangizanya amakuru y’ubuzima hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi ku buzima bw’abaturage batuye uyu mugabane, agaragaza ko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI ari kimwe mubizakemura ibibazo bikigaragara muri uru rwego.
Mu rwego rwo koroshya no kunoza uburyo bwo kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga, guhera ku wa 14 Nyakanga 2026, abakoresha konti za banki n'iz'ibigo bitanga serivisi z'imari bakoresha ikoranabuhanga bagiye gutangira gukoresha sisitemu ya eKash mu kohereza no kwakira amafaranga.
Ikipe ya Patriots BBC yatsinze ikipe ya REG BBC amanota 84-65 mu mukino w'umunsi wa 14 wa Shampiyona y'u Rwanda ya Basketball mu bagabo, biyiha kubona umwanya wo kuzakina imikino ya kamarampaka y'uyu mwaka mu buryo budasubirwaho kuko idashobora kurangiriza ku mwanya urenze uwa kane mu mikino isigaye.
Perezida Kagame yageze muri Qatar, aho yagiye kwifatanya n'abaturage, Umuryango n'Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ku bw’urupfu rw’umubyeyi we, Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani.
Umukinnyi w'umurundi ukinira Al Hilal SC Omdurman yo muri Sudani, Girumugisha Jean Claude, yegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza w'umwaka (Best Player of the Year) muri Shampiyona y'u Rwanda, BK Pro League, y'umwaka wa 2026/27.
Umukinnyi wa APR FC, Cheick Ouattara Djibril yavuze ko yifuza kubona ikipe ya APR FC akinira na Rayon Sports zikina imikino y'amatsinda mu marushanwa Nyafurika ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup muri uyu mwaka w'imikino wa 2026/27.
Ubwizigame bw’abanyamigabane mu cya Kigega cya RNIT Iterambere Fund bwageze kuri miliyari zirenga 149 Frw mu 2026 buvuye kuri miliyari 1 Frw bwari ho mu 2016 ubwo iki kigega cyashingwaga.