kwibuka

Gen Aboubacar Faye wahoze mu ngabo za Loni zari zaje kugarura amahoro mu Rwanda (MINUAR) yavuze uburyo Umuryango w’Abibumbye wirengagije ku bushake ubutumwa bwoherejwe bumenyesha ko mu Rwanda hari gutegurwa Jenoside yakorewe Abatutsi.  
Umwanditsi w’ibitabo akaba n’umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Mukagasana Yolande, yagaragaje ko arambiwe kubona umuryango mpuzamahanga ukomeza kurebera ibikorwa n’imvugo byibasira Abatutsi, by’umwihariko abatuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyamara hari amategeko mpuzamahanga abihana.
Itegeko nº 59/2018 ryo ku wa 22 Kanama 2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo, risobanura ibikorwa bigize icyaha n’ibihano byabyo, abantu bakwiye guhora birinda cyane cyane mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ku byerekeye gukumira Jenoside, Chaloka Beyani, yashimangiye ko amahanga yatsinzwe kuko ntacyo yashoboye gukora mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyamara bari bafite amakuru
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yavuze ko Amahanga akwiye kureka gukomeza kwigira ntibindeba ku ngengabitekerezo ya jenoside ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ifatanyije n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
Tariki ya 8 Mata 1994, nyuma y’umunsi umwe Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye mu Rwanda, ubwicanyi bwarakomeje mu bice bitandukanye by’Igihugu, buri Mututsi wese aho aherereye atangira guhigwa bukware n’abasirikare, abajandarume n’interahamwe bari bahuje imbaraga ngo batsembe Abatutsi.
Kuri uyu wa Gatatu mu gitondo, mu gihe u Rwanda n’inshuti zarwo ku isi hose bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yitabiriye Inama Mpuzamahanga ku Kurwanya Jenoside yabereye mu Rwanda.
Kuri uyu munsi tariki 25 Nzeri 2025, Ni umunsi w'isabukuru y'amavuko y'umuhanzi Munyanshoza Dieudonne uyu ni umuhanzi