Imikino

Umujyi wa Kigali ugeze kure imyiteguro yo kwakira Shampiyona y'Isi y'Amagare ndetse abayobozi bawo bakanguriye abatuye n'abakorera hafi y'imihanda izanyuramo iri siganwa gutunganya inzu zabo kugira ngo abashyitsi bazasange hasa neza
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Candy Basomingera, yavuze ko Shampiyona y'Isi yo gusiganwa ku magare ibura igihe gito ngo ibere mu Rwanda, igaragaza uburyo rumaze gutera imbere, ndetse yibutsa abikorera ko ari umwanya mwiza wo ko kubyaza aya mahirwe umusaruro
Uwavuga ko ijoro ryabaye rirerire ku muntu wese ufite aho ahuriye n'ikipe ya APR FC ntabwo yaba abeshye bitewe n'ibyabereye mu Nkera y'Abahizi yateguye, ibirori byagaragaye ku rwego rwo hasi cyane
Ku nshuro ya mbere, u Rwanda rugiye kwakira irushanwa ry'abana n’ingimbi bakina umukino wa Golf, ritegurwa na Banki ya NCBA, NCBA Bank Rwanda
Umunyarwandakazi Melissa Akanigi Ishimwe yashyikirijwe impamyabushobozi yo kuba yinjijwe mu banyaduhigo ba 'Guinness World Records' nyuma yo gukina imyobo 18 y’ikibuga cya Golf mu minota 52 gusa
Azam FC yaturutse muri Tanzania yatsindiye Polisi FC kuri penaliti mu mukino wa gishuti wakinwe muri gahunda ikomeje y’Inkera y’Abahizi
Penaliti Niyigena Clement yahushije yatumye APR FC itsindwa na AS Kigali kuri penaliti 5-4 nyuma y'uko amakipe yombi yari yanganyije 1-1 mu irushanwa ribanziriza shampiyona ryateguwe na APR FC 'APR FC PRE-SEASON Tournament'
Emma Claudine yasobanuye ko gufunga amashuri no gusaba abakozi ba Leta gukorera mu rugo mu gihe cy'irushanwa rya Shampiyona y'Isi y'Amagare, ari mu rwego rwo kubarinda gukora ingendo nini bajya mu bikorwa byabo
Muri Rayon Sports byongeye gusubira irudubi nyuma y'igihe havugwa ukutumvikana, kuvuguruzanya no kwinjirana mu nshingano hagati ya Komite Nyobozi iyobowe na Twagirayezu Thadée n'Urwego rw'Ikirenga (wagereranya n'Inama y'Ubutegetsi) rwa Muvunyi Paul